Nyuma yo kurangiza amasezerano muri AS Kigali bikavugwa ko yifuzwa n’amakipe atandukanye, Kayumba muri iyi mpeshyi yagiye Addis Ababa muri Ethiopia kuko yari yifujwe n’abatoza ba Saint George Sports Club ariko birangira adasinyiye iyi kipe.
Uyu mukinnyi yagarutse mu Rwanda bivugwa ko ari mu biganiro na APR FC ikipe izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League.
Kayumba umaze gukinira ikipe y’igihugu Amavubi imikino 27 irimo n’iya CHAN 2018, yemereye IGIHE ko hari amakipe abiri yo muri Kenya bari kuganira.
Ati “Hari amakipe yo mu Rwanda n’ayo hanze twaganiriye. Ikipe zo muri Kenya twaravuganye ariko aho ibiganiro bigeze na gahunda yo kugira aho nsinya sindifuza kubitangaza. Gusa ntabwo bizatinda kumenyekana.”
Bivugwa ko Kayumba yifuzwa na AFC Leopards na Tusker FC kandi ngo biteganyijwe ko yerekeza i Nairobi gusinya amasezerano bitarenze kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ukwakira 2018.
Kayumba yahesheje AS Kigali igikombe cy’Amahoro 2013, anayifasha kurangiza ku mwanya wa kabiri muri shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino ushize.
Nasinyira ikipe yo muri Kenya araba akurikiye abandi batanu bavuye mu Rwanda mu myaka ine ishize nka; Nizigiyimana Karim Makenzi, Moustapha Francis na Jacques Tuyisenge bari muri Gor Mahia, Mico Justin na Alex Orotomal ba AFC Leopards.



















TANGA IGITEKEREZO