00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi ba Equity Bank Rwanda baboneye ku Rwibutso rwa Ntarama ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 26 April 2025 saa 05:00
Yasuwe :

Abakozi n’abayobozi ba Equity Bank Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu Bugesera baganirizwa uburyo Abatutsi bo mu Bugesera bishwe urw’agashinyaguro.

Abakozi n’abayobozi ba Equity Bank Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama ku wa 25 Mata 2025.

Bagaragarijwe ko Bugesera yakoreshejwe nk’ahantu hoherejwe Abatutsi ngo bicwe n’inzara n’isazi ya Tsetse, hatozwa Interahamwe nyinshi zagombaga kwica Abatutsi benshi mu gihe gito.

Nyuma yo kuganirizwa hacanwe urumuri rw’icyizere banatemberezwa inyubako ziherereye mu Rwibutso rwa Ntarama zifite amateka yihariye y’uko ibihumbi by’Abatutsi bari bahahungiye bishwe n’interahamwe urw’agashinyaguro, nyuma hashyizwe indabo kumva zishyinguyemo imibiri y’Abazize Jenoside mu rwego rwo kubunamira.

Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda, Hannington Namara, yavuze ko kwibuka ari ngombwa kugira ngo amateka y’igihugu atazibagirana.

Ati “ Amateka akwiye kudusigira amasomo yo guharanira ko ibyabaye bitazongera ukundi, akaba umusingi wo kubaka ubumwe buhamye no gukomeza gufatanya n’ubuyobozi bw’igihugu mu murongo wa Ndi umunyarwanda.”

“Twifatanyije n’abarokotse tubakomeza ndetse tubabwira ko muri ibi bikomeye turimo batari bonyine kandi buri wese uri hano n’Abanyarwanda bose muri rusange afite icyo yakora kugira ngo arwanye icyatuma dusubira muri iryo curaburindi.”

“Ndasaba urubyiruko kwigira ku mateka bakaba umusemburo w’impinduka barwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kuko hari benshi bakiyifite bashaka kuyinjizamo abandi.”
Yashimye ubuyobozi bw’igihugu uburyo bwongeye guhuza Abanyarwanda nyuma ya Jenoside ku buryo mu myaka 31 ishize u Rwanda rwabashije kongera kwiyubaka ndetse buri wese abigizemo uruhare.

Basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi i Ntarama
Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda, Hannington Namara, atanga inkunga igenewe Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama
Abayobozi n'abakozi ba Equity Bank Rwanda bunamiye Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 bashyinguye mu Rwibutso rwa Ntarama
Baganirijwe amateka y'uko Abatutsi batangiye kwicwa na mbere y'uko Jenoside itangira byeruye muri Mata 1994 ndetse ko yateguwe mu rwego rwo gutsemba burundu Abatutsi bose
Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda, Hannington Namara, yasabye abato kumenya amateka bagakuramo amasomo
Abayobozi n'abakozi ba Equity Bank Rwanda bunamiye Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 bashyinguye mu Rwibutso rwa Ntarama

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages