00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Misiri ikurikiranye ubwicanyi k’uwahoze ari Perezida Morsi

Yanditswe na

Jean Claude Ntawitonda

Kuya 2 September 2013 saa 07:46
Yasuwe :

Ubutabera bwa Misiri burashinja uwahoze ari Perezida Mohamed Morsi wahiritswe ku butetsi, kugira uruhare mu bwicanyi bw’abigaragambaga badashaka kuyoborwa n’uvuye mu bavandimwe b’Abayisilamu (Frères musulmans) no gutorokesha imfungwa zari muri gereza ya Cairo mu mwaka wa 2011.
Amakuru dukesha BBC avuga ko ubutabera bwatangaje gushyira Morsi mu manza ku wa 1 Nzeri, ariko bemeza ko itariki nyayo yo kumugeza mu nkiko izatangazwa vuba.
Ubutabera bw’iki gihugu buvuga ko bugiye kumuryoza (…)

Ubutabera bwa Misiri burashinja uwahoze ari Perezida Mohamed Morsi wahiritswe ku butetsi, kugira uruhare mu bwicanyi bw’abigaragambaga badashaka kuyoborwa n’uvuye mu bavandimwe b’Abayisilamu (Frères musulmans) no gutorokesha imfungwa zari muri gereza ya Cairo mu mwaka wa 2011.

Amakuru dukesha BBC avuga ko ubutabera bwatangaje gushyira Morsi mu manza ku wa 1 Nzeri, ariko bemeza ko itariki nyayo yo kumugeza mu nkiko izatangazwa vuba.

Ubutabera bw’iki gihugu buvuga ko bugiye kumuryoza n’ubundi bwicanyi bwose bwabaye mu Misiri guhera tariki ya 4 Ukuboza 2012, ubwo imyigaragambyo y’abatamushaka yagwagamo abasaga barindwi, ibereye ku ngoro ya Perezida i Cairo mu murwa mukuru wa Misiri.

Abandi basiramu 14 bakekwaho kuba bafatanyije muri ubu bwicanyi bari mu bagiye gukurikiranwa.

Nyuma yo gukurwa ku butegetsi tariki ya 3 Nyakanga 2013, Perezida Morsi yahise afungirwa ahantu h’ibanga kugeza magingo aya, agasimurwa n’uwari umuyobozi w’inama nkuru ishinzwe itegeko nshinga Adly Mansour.

BBC ikomeza ivuga ko yashinjwaga ibirego byinshi ku byaha by’intambara n’ibyibasiriye inyokomuntu, ariko iyi ni inshuro ya mbere yagejejwe mu butabera ku mugarararo.

Mu kwezi gushize na none umubare munini w’abakomeje kwigaragambya bashaka ko Morsi ya subira ku butegetsi barishwe.

Mohamed Morsi yari Perezida wa gatanu uyoboye Misiri, akaba ari we musivili wa mbere wari utoranyijwe mu itsinda ry’Abavandimwe b’Abayisilamu, muri Kamena 2012 nyuma y’igihe kinini igihugu kiri mu ntambara n’inzibacyuho.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages