00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gasabo: Abayobozi na bo bagomba gusobanukirwa ubuzima bw’imyororokere

Yanditswe na

Leocadie Nyirankunzimana

Kuya 15 July 2012 saa 08:44
Yasuwe :

Abayobozi bo mu nzego z’ibanze na bo bagomba gusobanurirwa ubuzima bw’imyororokere, kuko bifafasha gukangurira abo bayobora ibyo na bo bazi.
Ibi byatangajwe ku wa Gatanu ubwo abagize inama Njyanama y’Akarere ka Gasabo bari mu mahugurwa yabereye i Kigali, yateguwe n’ako Karere ku nkunga y’Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC), agashami gashinzwe isakazamakuru mu buzima (RHCC).
Amasomo yibanzweho muri aya mahugurwa ni ubumenyi kuri SIDA n’agakoko kayo, ubuzima bw’imyororokere, kuboneza (…)

Abayobozi bo mu nzego z’ibanze na bo bagomba gusobanurirwa ubuzima bw’imyororokere, kuko bifafasha gukangurira abo bayobora ibyo na bo bazi.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu ubwo abagize inama Njyanama y’Akarere ka Gasabo bari mu mahugurwa yabereye i Kigali, yateguwe n’ako Karere ku nkunga y’Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC), agashami gashinzwe isakazamakuru mu buzima (RHCC).

Amasomo yibanzweho muri aya mahugurwa ni ubumenyi kuri SIDA n’agakoko kayo, ubuzima bw’imyororokere, kuboneza urubyaro, ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV), kurwanya akato n’ihezwa, kurinda umwana kwanduzwa n’umubyeyi ubwandu bw’agakoko gatera SIDA (PMTCT).

Avugana n’umunyamakuru wa IGIHE, Bana Emma Marie uhagarariye gahunda y’ubukangurambaga akaba ari no mu bateguye aya mahugurwa, yavuze ko byari ngombwa ko abo bayobozi bahugurwa kuko hari ibintu byinshi na bo badasobanukiwe neza, kandi ko iyo bigisha abaturage na bo bagomba kuba bazi ibyo babigisha.

Umwe mu bari bitabiriye aya mahugurwa twaganiriye Mukeshimana Regina Umunyamabanga w’Inama Njyanama y’Akarere ka Gasabo, yavuze ko hari byinshi bungutse batari basobanukiwe ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere ndetse no ku bijyanye n’agakoko ka SIDA.

Yavuze ko nk’abavugizi b’abaturage, bagomba gukomeza gukangurira abaturage kwipimisha SIDA ku bushake, bagasobanukirwa neza imikorere y’imiti yo kuboneza urubyaro, ngo kuko hari ibibazo biterwa no kuba umuntu yaranduye ntabimenye agatangira kuvuga ko yarozwe kuko baba badasobanukiwe neza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages