Perezida wa Benin Boni Yayi, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Mutarama, aragirira uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Amakuru atugeraho atangaza ko uru ruzinduko rumara umunsi umwe, ruri mu mubano ibihugu byombi bifitanye. Perezida w’u Rwanda aheruka muri Benin umwaka ushize mu kwezi kwa Gashyantare, ubwo bari mu nama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Benin ni igihugu kiri muri Afurika y’Uburengerazuba, gifite ubuso bwa Km2 112622, gituwe n’abaturage basaga Miliyoni icyenda. Ururimi rukoreshwa mu mategeko ni igifaransa na ho amafaranga akoreshwa muri icyo gihugu ni CFA. Perezida Boni Yayi yavutse mu 1952, ni Perezida wa Benin kuva kuwa 6 Mata 2006.



















TANGA IGITEKEREZO