Ku Cyumweru, tariki ya 4 Mata 2021, ni bwo amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo n’uruhinja rwe yamenyekanye.
Amakuru aturuka mu Murenge wa Mageragere avuga ko uyu mugabo yari afitanye amakimbirane n’umugore we w’imyaka 21 babanaga mu buryo butemewe n’amategeko nyuma y’aho amenyeye ko umwana w’amezi icyenda bari bafite atari uwe.
Bivugwa ko uyu mugabo yashatse umugore we atwite atabizi nyuma yo kubimenya batangira kugirana amakimbirane.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mageragere, Ntirushwa Christophe, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yafashe icyemezo cyo kwiyahura no kwica uwo mwana nyuma yo gukeka ko umugore we yamuciye inyuma.
Yagize ati “Hari amakuru avuga ko uriya mwana atari uwo yabyaranye n’uriya mugore bivugwa ko bahuye umugore atwite ariko umugabo akaba atari abizi. Biravugwa ko yari yanamuciye inyuma bikubitanira ko n’uwo mwana atari uwe bituma ajya kwiyahura.’’
Yongeyeho ko aya makuru yayahawe na murumuna wa nyakwigendera Harerimana ndetse ko imirambo yose uko ari ibiri yahise ijyanwa ku Bitaro bya Polisi ku Kacyiru aho yakorewe isuzuma.
Ntirushwa yasoje ashishikariza ababana mu buryo butemewe n’amategeko kwegera abayobozi bakabasezeranya no kwirinda amakimbirane no kwiyambura ubuzima kuko buhenda.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!