Uwatuje Joyeuse, umugore rukumbi wari ufunzwe muri dosiye imwe n’abo bagabo , umucamanza yategetse ko ahita afungurwa kuko Ubushinjacyaha nta bimenyetso bwagaragarije urukiko byatuma akomeza gukurikiranwa afunze.
Uru rubanza rwageze bwa mbere mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kuwa 28 Ukwakira 2021. Abaregwa bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo ibyo gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda.
Mu iburana ku ifungwa n’ifungwa ry’agateganyo, abaregwa bose baburanye bahakana icyaha, basaba urukiko kubarekura bagasanga imiryango yabo.
Mu isomwa ry’umwanzuro w’urukiko, mu baregwa bose nta n’umwe wagaragaye ku rukiko ndetse n’ubushinjacyaha nabwo ntabwo bwahagaragaye.
Umucamanza yavuze ko umunani bakomeza gufungwa kubera ibimenyetso bibashinja byagaragajwe n’ubushinjacyaha, kandi ibyaha baregwa bikaba bihanishwa igifungo cy’imyaka irenga ibiri.
Uwatuje Joyeuse warekuwe by’agateganyo asanzwe atuye mu karere ka Kicukiro. Ni umukozi wo murugo wa Ingabire Umuhoza Victoire nyiri shyaka ritaremerwa rya Dalfa Umurinzi.
Abaregwa bose bafite iminsi 5 yo kujururira icyemezo cy’urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge
Mucyumba cy’urukiko ubwo urubanza rwasomwaga nta bantu benshi barimo usibye bamwe mu bayoboke ba Dalfa Umurinzi na nyiri iryo shyaka Ingabire Umuhoza Victoire.
Inkuru bijyanye: Urubanza ruregwamo Nsengimana nyiri Umubavu TV rwasubitswe

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!