00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuziki w’u Rwanda wungutse injyana nshya yahimbwe na Pastor P

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 November 2023 saa 03:18
Yasuwe :

Umuziki w’u Rwanda wamaze kunguka injyana nshya ‘Indanga style’ yahimbwe na Pastor P, umwe mu bahanga mu gukora no gutunganya indirimbo z’abahanzi mu Rwanda.

Ibi Pastor P yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yahaye IGIHE nyuma yo gusubiramo indirimbo ‘Bana’ akayikorera umudiho mushya uri mu njyana ya ‘Indanga style’.

Pastor P ati “Ni injyana nshya natangiye gukora ndi no gushyiramo imbaraga, maze igihe nkora ibintu bitandukanye ariko nanatekereza uko nahimba umwihariko mu muziki wanjye."

Yavuze ko aho ari naho hakomotse igitekerezo cy’injyana ‘Indanga Style’ anamaze igihe akora.

Ni injyana Pastor P yavuze ko yakomoye ku muziki w’u Rwanda avangamo ibyuma bya kizungu, ahamya ko yayihimbye mu rwego rwo kurushaho gushaka uko yaha umwihariko umuziki akora.

Ati “Ni kenshi twibaza umwihariko umuziki w’u Rwanda ukwiye kugira, ugasanga abantu barashakishiriza mu gusubiramo indirimbo zo hambere n’ibindi, njye rero naricaye ntekereza uko nakora umuziki ugezweho kandi ufite umwihariko, byaba bigenze neza ukamenyekana.”

Pastor P yavuze ko afite umushinga wo gusubiramo nyinshi mu ndirimbo zakunzwe mu Rwanda akaziha umudiho wo mu njyana ya ‘Indanga style’, ahamya ko biri mu rwego rwo kumvisha abahanzi uburyo bakabaye bakora umuziki ufite umwimerere.

Pastor P yasubiyemo indirimbo ‘Bana’ nyuma yo gusubiramo izindi zirimo; Ye ya Burna Boy, n’izindi nyinshi kuri album ye yise ‘Ruticumugambi’.

Umuziki w’u Rwanda wungutse injyana nshya 'Indanga style' yahimbwe na Pastor P

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages