00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame aritabira Inama y’Ihuriro ryiswe ‘Next Einstein Forum’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 March 2018 saa 08:05
Yasuwe :

Perezida Kagame aritabira Inama y’Ihuriro ryiswe ‘Next Einstein Forum’ (NEF) ibera i Kigali kuva ku ya 26-28 Werurwe 2018.

Ku munsi wa mbere w’iyi nama, Perezida wa Repubulika arageza ijambo ku bitabiriye umuhango wo kuyitangiza ku mugaragaro. Ku munsi wa kabiri, Perezida Kagame azatanga ibitekerezo mu kiganiro ku ‘kubaka umusingi w’ubukungu bushingiye ku bumenyi’.

Iyi Nama yitabiriwe n’abarenga 1000 baturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi izarangwa kandi no guha ibihembo urubyiruko rw’abanyafurika bahize abandi mu bijyanye n’ubumenyi muri siyansi n’ikoranabuhanga.

Ihuriro ‘Next Einstein Forum’ ni gahunda yatangijwe n’Ikigo Nyafurika cy’Ubumenyi bw’Imibare (AIMS) ku bufatanye n’umuryango w’i Burayi udaharanira inyungu uteza imbere ubumenyi muri siyansi uzwi nka Robert Bosch Stiftung.

Iyi nama izibanda ku byemeranyijweho mu yabereye i Dakar, izarebera hamwe ibijyanye no guhuza Ubumenyi n’Ubumuntu no kurushaho guteza imbere ubushobozi bw’Ubumenyi muri Afurika.

Muri iyi nama iheruka Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika idashobora gutezwa imbere n’ikoranabuhanga rikorerwa ahandi gusa, ahubwo ko hakenewe guteza imbere ubushakashatsi n’abiga ikoranabuhanga muri Afurika bakagira ubushozi bwo kubyikorera.

Perezida Kagame ubwo yari mu nama nk'iyi iheruka kubera i Dakar muri Senegal
Aha yagezaga ijambo ku bitabiriye inama nk'iyi yabereye muri Senegal tariki ya 7 Werurwe 2017

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .