Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ni byo byatangaje ko iyi nama iza kwiga ku ngamba zo kurwanya iki cyorezo. Ni mu gihe ubwandu mu gihugu bwo bukigaragara mu turere twose tw’igihugu cyane mu Mujyi wa Kigali.
Mu minsi irindwi ishize, abantu 3.500 ni bo bagaragaye banduye Covid-19 bigaragaza uburyo iki cyorezo kikiri kwiyongera ku gipimo cyo hejuru.
Abapfuye nabo bakomeje kwiyongera mu minsi irindwi ishize kuko habonetse impfu 51. Cyakora ibikorwa byo gukingira nabyo byashyizwemo imbaraga nyinshi kuko ubu hari gukingirwa abantu bose barengeje imyaka 18.
Mu gihugu hamaze gukingirwa abantu miliyoni 1,5 bahawe dose ya mbere mu gihe abakingiwe byuzuye barenga ibihumbi 660.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!