00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CECAFA : APR FC yanyagiwe 4-0, isezererwa itsinzwe byinshi nyuma ya T. Djibouti

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 28 July 2015 saa 03:28
Yasuwe :

APR FC yari ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame cup muri Tanzania yasezerewe inyagiwe ibitego 4-0 na Khartoum National muri ¼ cy’irangiza, iba ikipe ya kabiri itsinzwe ibitego byinshi muri iri rushanwa nyuma ya Telecom yo muri Djibouti.

Nubwo yari yasoje imikino yo mu matsinda idatsinzwe, iminota 20 ya mbere y’uyu mukino, APR FC yari imaze gutsindwa ibitego bibiri harimo icya Altayeb yasonzemo nyuma y’aho Rwatubyaye Abdul agaruye umupira wari uri mu izamu n’umutwe ku munota wa 10.

Elmani yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 20.

APR FC yagitsinzwe icya gatatu nyuma y’umupira abakinnyi ba Khartoum baherekanyije inshuro eshanu mu rubuga rw’iyi kipe yatwaye igikombe cya shampiyona mu Rwanda, ku ishoti yatereye muri penaliti Elmani atsinda igitego.

APR FC yasoje igice cya mbere itabonye amahirwe yo gutera mu izamu ry’umutoza Kwesi Appiah mu gihe Khartoum yo yari yagerageje inshuro zirindwi muri zo imipira itanu yerekeza ku munyezamu Ndoli Jean Claude.

4G: APR FC isezerewe muri CECAFA Kagame cup itsinzwe na Khartoum ibitego 4-0

Umutoza wa APR FC Dusan yakoze impinduka igice cya kabiri gitangira Bigirimana Issa asimbura Ruhinda Farouk, yabonye uburyo bwa mbere bwo gutsinda igitego ku munota wa 48.

Ndahinduka Michel yaje kwihesha ikarita y’umuhondo ubwo yasifurwaga, agasunika umukinnyi wa Khartoum.

Nkinzingabo Fiston yasimbuwe na Sibomana Patrick ariko noneho APR FC yari imaze kubona uburyo bubiri imbere y’izamu rya Khartoum yo ifite butanu.

Bilal Salah yaje gutsindira Khartoum igitego cya kane ku munota wa 83 ku ikosa ry’umunyezamu Ndoli wasohotse mbere y’igihe babona itike ya 1/2 cy’irangiza ku nshuro ya mbere bitabiriye iyi mikino.

Bitandukanye n'imyaka ibiri yakinnye umukino wa nyuma, ubu APR FC isezerewe muri 1/4 cy'irangiza

APR FC yashoboraga kubona igitego ku buryo bukomeye bwa Bigirimana Issa wari wenyine mu rubuga rwa Khartoum ateye umupira ugarurwa n’umunyezamu.

Uburyo nk’ubu yabubonye nyuma y’iminota ibiri ashaka gucenga umunyezamu awufata byoroshye.

Nyuma y’uyu mukino umutoza Kwesi Appiah yavuze ko yatunguwe n’uko umukino wagenze cyane uko byaboroheye gutsinda igitego.

APR FC ibaye ikipe ya kabiri muri CECAFA Kagame cup 2015 itsinzwe ibitego byinshi nyuma ya Telecom Djibouti yari yatsinzwe n’iyi Khartoum 5-0.

Ubwo yaherukaga gukinira muri Tanzania mu 2012, APR FC yatahanye umwanya wa kane itsinzwe na Vita Club mu gihe mu 2011 yasezerewe mu matsinda.

Mu myaka ibiri ishize, APR FC yatsindirwaga ku mukino wa nyuma mu 2013 na Vital’o y’i Burundi no mu 2014 na El Merreikh ya Sudani.

Undi mukino wabaye wa 1/4 cy’irangiza, Gor Mahia Malakia yo muri Sudani y’Epfo ibitego 2-1, izongera ihure na Khartoum bari banganyije igitego 1-1 mu itsinda A. Nizigiyimana Kharim Mackenzi yabaye umukinnyi mwiza w’umukino.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages