Areruya akomeje kwandika amateka muri uyu mukino nyuma yo kwitwara neza muri shampiyona ya Afurika ya 2017 yasojwe mu Misiri mu cyumweru gishize akegukana imidari ibiri wenyine n’undi umwe yatwaranye n’ikipe y’igihugu.
Uyu musore w’imyaka 21 kugeza ubu niwe mukinnyi wa kabiri muri Afurika mwiza mu basiganwa mu muhanda n’amanota 270 inyuma y’Umunya-Afurika y’Epfo Willem Jakobus SMIT w’imyaka 25 ufite amanota 280 nk’uko urutonde rushya rw’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku Isi (UCI) rubigaragaza.
Areruya wamaze kwerekeza mu ikipe y’ababigize umwuga ya Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo, kwiyongerera amanota akava ku 180 n’umwanya wa 11 yari ariho ubushize, agafata uwa kabiri ahigitse ibihangange nka Tesfom Okubamariam, Mouhssine Lahsaini,Daniel Teklehaimanot n’abandi abikesha kwitwara neza muri shampiyona ya Afurika yo gusiganwa ku magare yasojwe kuri iki Cyumweru.
Muri iyi mikino yaberaga mu Misiri mu Mujyi wa Luxor, Areruya yegukanyemo imidari ibiri ya bronze harimo uwo yatwaye mu gusiganwa umuntu ku giti cye mu batarengeje imyaka 23, undi awegukana mu gusiganwa mu muhanda mu batarengeje imyaka 23 ndetse akaba yaragize uruhare rukomeye mu guhesha u Rwanda umudali wa bronze, ubwo banyongaga nk’ikipe mu gusiganwa n’ibihe (Course Contre la Montre).
Uyu mukinnyi umaze kwigaragaza cyane, muri Tour du Rwanda 2016 akaba yarabaye uwa kane muri rusange n’uwa kabiri mu bato, azava mu Misiri yerekeza muri Afurika y’Epfo kimwe na mugenzi we Mugisha Samuel gukomezanya imyitozo n’ikipe yabo ya Dimension Data for Qhubeka mu gihe abandi bagera i Kanombe kuri uyu wa Kabiri saa 15h00.
Mu bandi banyarwanda baza hafi kuri uru rutonde rwa UCI, harimo Ndayisenga Valens wavuye ku mwanya wa 31 afata uwa 24 muri Afurika, Jean Claude Uwizeyimana we yatakaje imyanya kuko yavuye kuwa 22 afata uwa 45 ahanini kuko atigeze yitabira shampiyona ya Afurika yatumye abandi biyongerera amanota naho Bonaventure Uwizeyimana we akaba yavuye ku mwanya wa 42 afata uwa 52.
Mu bihugu bya Afurika, u Rwanda ruraza ku mwanya wa gatanu inyuma ya Maroc, Eritrea, Algeria na Afurika y’Epfo ariko rukaba ruza imbere y’ibihugu nka Ethiopia, Tunisia na Misiri nabyo bisanzwe ari ibihangange muri uyu mukino.



















TANGA IGITEKEREZO