Abakinnyi 29 bari bakinnye kuri uyu wa Gatandatu, umwe witwa Rukundo Hassan niwe utagarutse kubera uburwayi abandi bahangana mu gace ka nyuma k’isiganwa, kavaga i Rubavu kakagera i Musanze ku ntera ya kilometero 95.
Mbere yo kuva i Rubavu babanje kuzenguruka muri uyu Mujyi inshuro enye bazirangiza itsinda riri imbere ririmo Hakiruwizeye Samuel, Ruberwa Jean Damascène, Nduwayo, Twizerane Ephrem, Hakizimana Seth, Uwizeye Jean Claude inyuma yabo hari Gasore Hategeka, na Patrick Byukusenge.
Iri tsinda ryagiye imbere rigera i Mahoko ryamaze gusiga iminota umunani irindi ryarimo n’abakinnyi bakomeye nka Ndayisenga Valens na Nsengimana Jean Bosco bose begukanye Tour du Rwanda, Mugisha Samuel witwaye neza agatsinda kuri uyu wa Gatandatu n’abandi.
Bageze mu Byangabo amatsinda akiri abiri gusa Ruberwa na Hakiruwizeye bacomoka mu bandi ntihagira ubakurikira, bashyiramo intera y’umunota ariko hasigaye ibirometero bitatu ngo bagere mu Mujyi wa Musanze aho bagombaga gusoreza, rya tsinda ry’abakinnyi ryari ribari inyuma rirabafata.
Bitewe n’uko aho basorezaga hatambikaga byoroheye Byukusenge gukoresha imbaraga nyinshi basigaje nka metero 200 ngo bagere ku murongo arahabatanga akoresheje muri rusange amasaha 2 iminota 38 n’isegonda rimwe arusha Gasore Hategeka wa kabiri isegonda rimwe.
Nyuma yo gutsinda, yatangaje ko uyu mwaka yumva afite imbaraga kandi aramutse nta kindi kibazo agize yiteguye kuzafatanya na bagenzi be bagahesha ishema igihugu n’ibyishimo nk’uko babikoze mu myaka itatu ishize begukana Tour du Rwanda.
Yagize ati “Tumeze neza. Aya ni amarushanwa yagombaga kwerekana urwego turiho kandi urebye uko twayakinnye tumeze neza. Ku bwanjye mfite icyizere ko tuzongera gushimisha Abanyarwanda muri Tour du Rwanda kuko twariteguye.”
Nyuma y’aya masiganwa abatoza b’amakipe atatu, Team Rwanda, Les Amis Sportif na Benediction bagomba kwicara bakareba abakinnyi 15 bitwaye neza bagomba kuzagabanywa ayo makipe akaba aribo bazaserukira u Rwanda uyu mwaka.
Uko abakinnyi bakurikiranye:
1. Byukusenge Patrick Benediction 2h38’01”
2. Gasore Hategeka Nyabihu Cycling Club 2h38’02”
3. Hakiruwizeye Samuel Cycling Club For All 2h38’02”
4. Tuyishimire Ephrem Les Amis Sportif 2h38’04”
5. Nduwayo Eric Benediction 2h38’04”
6. Uwizeye Jean Claude Les Amis Sportif 2h38’04”
Mu bakinnyi batatu bahageze nyuma harimo Ndayisenga Valens, Mugisha Samuel na Nsengimana Jean Bosco batakoresheje imbaraga nyinshi nk’uko bisanzwe ahanini kubera amabwiriza baba bahawe n’abatoza babo y’uko bagomba gukina.



















TANGA IGITEKEREZO