Ibitego bitatu byose byabonetse mu minota 25 y’igice cya mbere byatumye Rayon Sports ikura APR FC ku mwanya wa mbere, umwanya yari yafashe nyuma yo gutsinda AS Kigali mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 15 wa shampiyona.
Davis Kasirye yafunguye amazamu ku munota wa kane w’umukino ku gitego yashyizemo n’umutwe, yongera gushyiramo icya kabiri ku munota wa 20.
Ibyo bitego byahise bituma Kasirye agira ibitego umunani amaze gutsindira Rayon Sports muri shampiyona, arushwa ibitego bibiri na Romami Andre wa Kiyovu Sports umaze gutsinda 10.
Iyi kipe yakiniraga imbere y’abafana benshi, yakomeje gusatira ubwugarizi bwa Marines bunanirwa guhagarika Ismaila Diarra waje gushyiramo igitego cya gatatu ku munota wa 26 ari nako yuzuza ibitego bitanu muri shampiyona.
Mu gice cya kabiri Marines yabashije kurinda izamu ryayo, umukino urangira ari ibitego bitatu bya Rayon Sports ku busa bwa Marines.
Rayon Sports yahise ifata umwanya wa mbere n’amanota 35, APR FC yatakaje imbere ya Etincelles kuwa Gatanu iracyari ku mwanya wa kabiri n’amanota 33.
Imikino yose y’umunsi wa 16 wa shampiyona uko yagenze:
Kuwa Gatanu
SC Kiyovu 3-2 Bugesera FC
Espoir 0-0 AS Muhanga
APR FC 0-1 Etincelles FC
Amagaju FC 0-0 Gicumbi FC
Ku Cyumweru
Police FC 1-0 Mukura VS
Rayon Sports 3-0 Marines FC
Rwamagana City Fc 0-0 AS Kigali
Musanze FC 0-1 Sunrise FC



















TANGA IGITEKEREZO