00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Knowless na Sherrie Silver bahagarariye u Rwanda muri Afrimma Awards 2016

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 21 July 2016 saa 04:37
Yasuwe :

Ku nshuro ya mbere abahanzi bo mu Rwanda bagaragaye ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bikomeye bya Afrimma Awards bisanzwe bihatanirwa n’abamaze kubaka izina mu buryo bukomeye muri Afurika.

U Rwanda ruhagarariwe n’abakobwa babiri, Butera Knowless mu cyiciro cy’umuhanzi wahize abandi mu bagore muri Afurika y’Uburasirazuba mu gihe Sherri Silver [umubyinnyi wabigize umwuga] ahatanye mu cyiciro cy’umubyinnyi mwiza ku Mugabane wa Afurika.

Sherrie Silver, ni Umunyarwandakazi wavukiye i Kigali mu 1994, nyuma mu 1999 aza kwimukira mu Bwongereza aho abana na nyina. Sherri, ni umubyinnyi ubikora by’umwuga ndetse yakinnye muri Africa United, iyi yasohotse muri 2010 ivuga ku rugendo rw’abana batatu b’Abanyarwanda mu rugendo bakoze rurerure bajya kureba imikino y’igikombe cy’Isi muri Afurika y’Epfo.

Yakinanyemo n’abandi bakomoka mu Rwanda, Eriya Ndayambaje na Roger Nsengiyumva. Icyiciro arimo muri Afrimma kirakomeye cyane kuko ari kumwe n’ababyinnyi bakomeye muri Afurika.

U Rwanda rufitemo abahanzi babiri mu gihe nka Uganda ifitemo Savy Filmz, Chameleone, Bebe Cool, Sheebah Karungi, Eddy Kenzo, Radio & Weasel, Dj Shiru, Dr Fizol na Mc Norman Ganja. Aba bose bahatanye mu byiciro bitandukanye uretse Chameleone, Bebe Cool na Eddy Kenzo bahanganye muri Best Male East Africa.

Knowless na Sherri Silver bahagarariye u Rwanda muri Afrimma Awards 2016

African Music Magazine Music Awards (Afrimma) ni byo bihembo rukumbi bitangwa ku bahanzi bo muri Afurika harebwe ibyiciro byose, haba abakorera umuziki kuri uyu Mugabane no hanze kandi mu ngeri zose Afrobeat, Assiko, Bongo, Decale, Funana, Genge, Highlife, Kwaito, Lingal, Soukous n’izindi njyana.

Mu mwaka ushize, Diamond wo muri Tanzania ni we wegukanye ibihembo byinshi. Mu byiciro bitandatu yahatanagamo, yabashije kwegukana igihembo cya Best Male, Best Video Dance ndetse na Artist of the Year.

Ibi bihembo bigiye gutangwa ku nshuro ya gatatu mu muhango ukomeye uzaba kuwa 15 Ukwakira 2016 i Dallas, Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibirori bizayoborwa n’umunyarwenya ukomeye muri Nigeria Basket Mouth n’umunyamideli American Cynthia Bailey.

 Sherri ahatanye muri Best African Dancer

 Kaffy Dancequeen – Nigeria
 Ezinne CEO – Nigeria
 Brenda Derry – Cameroon
 Sherri Silver – Rwanda
 La Petite Zota – Ivory Coast
 Eddy Wizzy – Uganda
 Moses Iyobo – Tanzania
 Roxy Roberts –

 Knowless ari mu cyiciro cya Best Female East Africa

 Victoria Kimani – Kenya
 Vanessa Mdee – Tanzania
 Ester Aweke – Ethiopia
 Tsedenia Gebremarkos (Ethiopia)
 Linah (Tanzania)
 Knowles Butera – Rwanda
 Sheebah Karungi – Uganda
 Akothee – Kenya

Knowless yari asanzwe ahataniye ibindi hembo bikomeye bya Nigerian Entertainment Awards (NEAs)
Sherrie Silver aherutse kubyinira Wizkid mu gitaramo
Sherrie Silver abana na nyina mu Bwongereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages