00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwizera wakoze ubukwe na Mukaperezida umurusha imyaka 27 yakatiwe gufungwa imyaka 10

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 1 September 2019 saa 12:30
Yasuwe :

Kwizera Evariste wamenyekanye nyuma yo kubana na Mukaperezida, umugore wamurushaga imyaka 27, yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 ahamijwe icyaha cyo gufata ku ngufu umwana utarageze imyaka y’ubukure akanamutera inda.

Mu ntangiriro za Kanama 2019 nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwongeye guta muri yombi Kwizera Evariste nyuma yo kubona ibimenyetso bishya byerekana ko ashobora kuba yarateye inda umwana w’umukobwa utarageza imyaka y’ubukure.

Nyuma y’iburanisha ryabaye uregwa akamera icyaha cyo gusambanya no gutera inda umwana wavutse mu 2004, akanagisabira imbabazi, ku wa 30 Kanama 2019 Urukiko rwisumbuye rwa Ngoma rwanzuye ko afungwa imyaka 10.

Nyina w’uwo mwana witwa Gwizimpundu Alice yabwiye IGIHE ko ubushinjacyaha bwamuhamagaye bukamubwira ko Kwizera yakatiwe igifungo cy’imyaka 10.

Ati “Twebwe twarareze,[Kwizera] aburana n’Umushinjacyaha .Yatubwiye[Kuri telefone]ngo bamukatiye imyaka 10, ubwo nyine igihano yaracyemeye, ntabwo bamukatira atabyemera.”

Gwizimpundu yakomeje avuga ko igihano bamuhaye ntacyo kibatwaye ngo “None se wakora iki? n’iyo bamubabarira nta kibazo.”

Mu iburanisha Ubushinjacyaha bwavuze ko uwo mwana wabaga mu rugo rwa Kwizera na Mukaperezida, uregwa yamusambanyije inshuro nyinshi amushukishije amafaranga, akamutera inda.

Buvuga ko nyina w’uwo mwana yamenye ko atwite muri Gicurasi 2019 ari uko amubwiye ko adaheruka kubona imihango.

Kwizera yabanje kuburana ahakana icyaha ashinjwa ariko nyuma y’ibizamini byo kwa muganga bizwi nka ADN, yahisemo kwemera icyaha agisabira n’imbabazi.

Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka 25 bushingiye ku kuba yiyemerera ko yasambanyije uwo mwana utaragira imyaka y’ubukure ariko Uwunganira Kwizera akavuga ko kuba abyemera bikwiye gushingirwaho akagabanyirizwa ibihano.

Kwizera w’imyaka 21 y’amavuko yavuzwe cyane mu itangazamakuru muri Mutarama 2019 ubwo yemeraga kubana akaramata na Mukaperezida Clotilde w’imyaka 48.

Kwizera wakoze ubukwe na Mukaperezida amurusha imyaka 27 yakatiwe gufungwa imyaka 10

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages