00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukunzi wa Miss Rusaro Carine yatanze inkwano (Amafoto)

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 13 February 2016 saa 07:30
Yasuwe :

Mpayana Fio Logan umukunzi wa Miss Rusaro Carine yasabye umugeni ndetse atanga inkwano kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Gashyantare 2016 mu birori byabereye ku Kimironko mu Karere ka Gasabo.

Utamuriza Rusaro Carine yabaye Nyampinga w’iyahoze yitwa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda muri 2007. Yanabaye igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda muri 2009, aba n’uwa Gatandatu ku Isi muri Miss Tourism Queen International 2008.

Umukunzi we, Mpayana Fio inama y’Abaminisitiri iherutse kumugira Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubushakashatsi no kugenzura ireme mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere rya Transiporo /RTDA. Rusaro ayobora ‘Ingoro y’Amateka Kamere’ yitiriwe Richard Kandt.

Miss Rusaro Carine na Mpayana Fio bakundanye kuva mu mwaka wa 2008 biga muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare. Uyu musore atanze inkwano nyuma y’igihe kigera ku mwaka cyari gishize binugwanugwa ko bagiye kurushinga ko bagiye kurushinga.

Ibirori byo gusaba no gukwa Miss Rusaro Carine byari binogeye ijisho uhereye ku mitegurire, imisango y’ubukwe n’uburyo gahunda zose zari ziteguwe.

Senateri Tito Rutaremara yari agiye gutanga ku mugaragaro umugeni bamusabye

Senateri Tito Rutaremara ni we wasabwe umugeni, benshi bizihiwe n’uburyo aryoshya imisango mu Kinyarwanda gitomoye n’uturingushyo tw’abasaza byose byahurizaga ku by’urukundo rwa Miss Carine na Fio.

Ni ibirori byagaragayemo bamwe mu bayobozi bakomeye b’igihugu barimo Abasenateri Jean de Dieu Mucyo na Tito Rutaremara, Umuliisa Alphonse, Umuyobozi mukuru w’ingoro z’umurage w’u Rwanda, abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere rya Transiporo /RTDA n’abandi.

Nta bantu b’ibyamamare bazwi muri showbiz batashye ubu bukwe ndetse nta ba Nyampinga bari baje gushyigikira mugenzi wabo ugiye kurushinga.

Miss Rusaro Carine na Mpayana Fio bazarushinga ku itariki ya 2 Mata 2016.

Ibyicaro by'umugeni n'umukwe
Umuyobozi w'Ikigo cy'Ingoro z'Igihugu z'Umurage w'u Rwanda na Senateri Tito Rutaremara bari ku ruhande rw'umukobwa
Senateri Tito Rutaremara ni we wasabwe umugeni
Eminante ni we wari uyoboye ibirori
Aba basaza baryoheje imisango y'ubukwe...Hano bari bamaze kwemeranya guhana umugeni
Mpayana Fio amaze imyaka irenga itandatu akundana na Carine
Miss Rusaro Carine yari aje kwiyereka imiryango bamaze kumutanga
Miss Rusaro Carine yari afite ibyishimo ku maso
Rusaro Carine yabaye Nyampinga wa Kaminuza Nkuru y'u Rwanda muri 2007
Umuryango wa Mpayana wari umaze guhabwa umugeni
Urukundo rwabo rwahawe umugisha imbere y'umuryango
Bahoberanye bahuza urugwiro
Yambitse Carine impeta imbere y'umuryango
Amaze kumwambika impeta yabyeretse imiryango yombi
Ni umunsi w'ibyishimo kuri bombi
Carine yagiye kumwereka umuryango
Carine na Mpayana n'ababambariye
Carine aha impano sebukwe
Rusaro Carine na Mpayana bazarushinga ku itariki ya 2 Mata 2016
Ahabereye ubu bukwe hari imodoka nyinshi cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages