00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi babiri b’Akarere ka Musanze batawe muri yombi bashinjwa itonesha

Yanditswe na N.Kubwimana Janvière
Kuya 19 September 2019 saa 10:45
Yasuwe :

Twihangane Patrick ushinzwe imishahara mu Karere Musanze na Nsengiyumva Vincent ushinzwe amashuri y’incuke n’amasomero, bari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, bakekwaho ibyaha birimo itonesha no gukoresha ububasha bafite mu nyungu zabo bwite.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Modeste Mbabazi, yahamije aya makuru, avuga ko ibyaha baregwa byakozwe mu bihe bitandukanye cyane cyane mu gutanga ibizamini byinjiza abarimu mu kazi.

Yagize ati "Abafunzwe ni Twihangane Patrick ushinzwe imishahara na Nsengiyumva Vincent bakaba bakurikiranyweho inyandiko mpimbano, gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite, gufata ibyemezo bishingiye ku itonesha no gukoresha igitinyiro."

“Ibi byaha byakozwe mu bihe bitandukanye aho batangaga ibizamini byinjiza abarimu mu kazi bamwe bagahabwa amanota menshi batakoreye kugira ngo babone imyanya abandi bakabakata amanota."

Ubu aba bakozi bafungiye kuri sitasiyo ya Muhoza mu Karere ka Musanze.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages