Iri rushanwa rigiye kubera muri Kigali Golf Club i Nyarutarama ku nshuro ya kabiri, ryateguwe na CIMERWA by’umwihariko uyu mwaka ikaba yarafatanyije na HYGEBAT, AfriPrecast, REKO, BCEG, Transnova na Kesi mu gukusanya amafaranga azakoreshwa.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Bheki Mthembu uyobora Cimerwa, yatangaje ko ari irushanwa rigamije gufasha abakunzi b’umukino wa Golf kwishima.
Yagize ati “Ni umwanya mwiza wo guhura no gusabana ku bakunzi ba Golf mu Rwanda. Nka CIMERWA, ni iby’agaciro kuba bamwe mu bagira uruhare mu iterambere rya Golf mu gihugu, n’iri rushanwa rikaba riri muri uwo murongo.”
Kapiteni wa Kigali Golf Club, Kashaka Karegeya Devis, yavuze ko iri rushanwa rizitabirwa n’abantu b’ingeri zitandukanye harimo abanyamuryango ba Kigali Golf Club n’abatumirwa ba CIMERWA bazava muri Afurika y’Epfo na Zimbabwe.
Yavuze ko bitewe n’uko amategeko ya Golf atemera ko umukinnyi utarabigize umwuga ahembwa mu mafaranga, abazakina iri rushanwa nabo bazahembwa ibikoresho bitandukanye bizabafasha kuzamura impano zabo ariko nabyo bikaba bihenze kuko uwa mbere azabona ibifite agaciro ka $2000.
Umuyobozi mukuru wa Kigali Golf Club, Marcel Byusa, yavuze ko bari guteganya uburyo butandukanye bwo kuzamura uyu mukino mu gihugu hose ndetse no guhindura imyumvire y’abibwira ko Golf ari umukino w’abakire gusa.
Irushanwa rya CIMEGolf Tournament riba ku nshuro ya mbere umwaka ushize, ryitabiriwe n’abakinnyi basaga 100 rikaba ari rimwe mu yabashije kwitabirwa cyane.
<






TANGA IGITEKEREZO