00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igitaramo mpuzamahanga cya René Patrick na Tracy kizajya kiba buri mwaka

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 21 July 2026 saa 01:51
Yasuwe :

Itsinda ry’abaramyi René Patrick n’umugore we Tracy, batangaje ko igitaramo cyabo mpuzamahanga bateguye ‘In Christ now’ kigiye kujya kiba Ngarukamwaka mu rwego rwo guhamagarira abantu gusanga Kristo no kwagura ubusabane n’Imana.

Babigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru, cyagarukaga ku myiteguro y’igitaramo cyabo bateganya ku wa 25 Nyakanga 2026, kikazabera muri Camp Kigali.

Ni igitaramo cyatumiwemo abaramyi batandukanye barimo abo mu Rwanda ndetse no muri Nigeria barimo Ben na Chance, Bella Kombo, Ebuka Songs, Zoravo, Kenneth na Rebirth Worship.

René Patrick yateguje igitaramo cyiza ku bazacyitabira, abasaba kuzajyayo ari benshi bakagura ubusabane n’Imana.

Yatangaje kandi ko ko iki gitaramo kigiye kuba ngarukamwaka aho kizajya gikorwa buri cyumweru cya nyuma cy’ukwezi kwa Nyakangaburi mwaka.

Ati “Buri cyumweru cya nyuma cy’ukwezi kwa Karindwi, turajya tuba turi kumwe.”

Yavuze ko iki gitaramo bise “In Christ now” ari igikorwa kigamije kwagura ubusabane hagati y’abantu n’Imana.

Ati “Umutima w’iki gikorwa ni ubusabane kandi nk’uko tubizi iyo hari kwegerana n’Imana twizera ko harimo ubuzima budasanzwe. Ntabwo ari igitaramo cy’umunsi umwe ahubwo ni ubusabane n’Imana. Turifuza ko habaho ubusabane n’Imana kandi bikaba henshi hashoboka.”

René Patrick yanashimangiye ko bazagura icyo giterane ku buryo bazajya bajya no kugikorera mu bigo by’amashuri makuru na za kaminuza.

Yateguje ko igitaramo cy’umwaka utaha gishobora kuzabera ahagutse kurusha Camp Kigali bagiye gukorera kuri ubu.

Tracy yavuze ko intumbero yabo ari uko iki gitaramo cyazajya kiba umunsi urenze umwe abantu bari kuramya no guhimbaza Imana.

Ati “Turifuza ko iki gitaramo cyajya kiba umunsi urenze umwe, tukaramya ntaguhagarara umunsi wa mbere n’uwa kabiri.”

Kwinjira muri iki gitaramo amatike ni ibihumbi 10 Frw, ibihumbi 25 Frw n’abarenga 1000 bahawe kwinjira ku buntu.

Imiryango izaba ifunguye guhera Saa 15:00, mu gihe kuramya bizatangira Saa 16:00 zuzuye, bikazakorwa nibura amasaha arindwi.

René Patrick na Tracy bateguje igitaramo cyiza kizongera ubusabane n'Imana
René Patrick yateguje igitaramo mpuzamahanga ngarukamwaka
Tracy yagaragaje ko bifuza kujya bakora igitaramo nibura iminsi ibiri baramya Imana
Amatike yo kwinjira muri iki gitaramo ni 10 Frw na 25 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages