Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yavuze ko icyo gihe yari yarageze mu bihe bikomeye byatumye aheranwa n’agahinda gakabije.
Yagize ati “Agahinda gakabije kari kanyishe. Nagatewe n’urukundo, ubuzima ndetse n’ubukene. Nakize mbere yo gukora indirimbo ‘Urare’, kuko nkiri muri ibyo bihe navuze nti ‘rwa rukundo nakundaga abakobwa reka ndukunde Igihugu’.”
Abajijwe niba nyuma y’ibi bibazo yaba yarongeye kubona undi mukunzi, Titi Brown yavuze ko atiteguye kongera kujya mu rukundo vuba.
Ati “Si vuba rwose. Urukundo nakundaga abakobwa nsigaye ndukunda Igihugu.”
Ku bijyanye n’ibyavugaga ko Nyambo Jesca yaba yaragize uruhare mu kumutera agahinda gakabije, Titi Brown yirinze kugira byinshi abitangazaho ndetse ntiyemeza niba ari byo cyangwa atari byo.
Uyu musore yavuze mu gihe yari ahanganye n’ibi bibazo ari bwo yagize igitekerezo cyo kwinjira mu muziki, akora indirimbo zigaragaza ubwiza bw’u Rwanda ari na ho havuye indirimbo ye nshya yise ‘Urare’.
Mu minsi yashize, Titi Brown yavuzwe mu rukundo na Nyambo Jesca wamamaye muri sinema nyarwanda. Icyakora, bombi bakunze guca hejuru iby’ayo makuru, bakavuga ko ari inshuti magara nyuma biza kuvugwa ko batandukanye nubwo na none batarabishyiraho umucyo.
Titi Brown usanzwe azwi cyane nk’umubyinnyi, muri iyi minsi yinjiye mu rugendo rwo guhuriza hamwe abahanzi mu ndirimbo zigaruka ku bwiza bw’u Rwanda n’umuco warwo.
Uyu mubyinnyi yavuze ko yahisemo gukorana n’abahanzi bafite impano ariko bataramenyekana cyane, mu rwego rwo kubafasha kubona urubuga rwo kugaragaza ubushobozi bwabo no kuzamura impano zabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!