Polisi yatangaje ko uyu mugabo afuzwe, mu gihe hagiye gukurikiraho inzira ziteganywa n’amategeko zo kwemeza niba yoherezwa mu Rwanda ngo akurikiranweho ibyaha aregwa.
Urwego rushinzwe iperereza ku byaha muri Polisi ya Norvège, Kripos, rwatangaje ko rwakoze amaperereza menshi abanziriza koherewa iwabo mbere yo kumuta muri yombi.
Icyakora, umunyamategeko wa polisi, Elise Kjæraas yagize ati “Ariko haracyari kare mu bijyanye n’iperereza. Ntabwo twajya mu mizi y’ibyo turimo gukora.”
Biteganywa ko uruhare rwa Kripos muri iki kirego ruzaba gushaka ibimenyetso bihagije bizashingirwaho n’urukiko mu kwemeza niba yoherezwa mu Rwanda.
Gasana uri mu kigero cy’imyaka 40 yatawe muri yombi ku wa Kabiri.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!