IGIHE.com > Abantu > Kubaho > Urukundo

Ibiruhuko by’impeshyi bituma abagore baca inyuma abagabo


Yanditswe kuya 6-08-2012 - Saa 03:15' na Marie Chantal Nyirabera

Amakimbirane mu miryango ni ikintu gikunze kwigaragaza ku Mugabane w’u Burayi biturutse ahanini ku gucana inyuma kw’abashakanye, basohokana n’abandi igihe cy’icyiruhuko cy’impeshyi, kuko abenshi bahitamo kujya kuruhukira ku nyanja basize ababo.

Amakuru dukesha urubuga femina.fr avuga ko i Burayi igihe cy’impeshyi abagabo bamwe basiga abagore babo, bakabibagirwa burundu.

Urwo rubuga kandi ruvuga ko biteza ibibazo mu miryango. Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko abagore basaga 35 % batewe ibyuma n’abafasha babo bitewe n’ibibazo by’amasezerano bigenda bititabwaho, bityo bacana inyuma intonganya zikavuka.

Aya makuru avuga ko abagabo benshi muri iki gihe baba bishakira kugira izindi nshuti z’abagore, bakinezeza na bo iyo babasohokanye.

Mu bagore 67 % babajijwe bavuze ko akenshi ari ho hakorerwa amahano yo gucana inyuma. Aya makuru avuga ko mu bagore basaga 48 % baba bari yo, baba bajyanwe no gukora ubusambanyi.

Abasaga 58 % bo bavuga ko mu gihe cy’ibiruhuko by’impeshyi bishimisha hamwe n’abo bahahuriye bikaba byabibagiza abo bashatse.

Abantu batandukanye baganiriye na IGIHE mu Mujyi wa Kigali, bavuze ko mu bihugu byo muri Afurika usanga atari benshi ibi biruhuko byateza ibibazo byo guta imiryango nko mu bihugu by’i Burayi.

Bavuze ko mu gihe cy’impeshyi mu bihugu by’Afurika n’u Rwanda rurimo usanga hagaragara abahuza urugwiro kubera ibiruhuko bityo ubucuti bugakura. Iki gihe ngo usanga ahubwo banakora amakwe menshi. Bityo ngo ababasha kubona akanya ko gucana inyuma, ni abantu babona akanya ko kuruhuka cyane nk’abakora mu burezi bafite ibigo biruhuka mu mpeshyi hamwe n’abanyeshuri ariko ngo si benshi nko mu bihugu by’i Burayi.

Ku mugabane wa Afurika, ahenshi bifata nk’Abanyaburayi ni mu gihugu cy’Afurika y’Epfo, Ibihugu bituriye inyanja ya Mediterane ndetse n’ahandi hari imijyi imaze gutera imbere cyane no ku byambu bikomeye.

IBITEKEREZO
siko bimeze ni ingeso ariko cyanecyane iyo umugore cyangwa umugabo akora kure y'urugo aho aba wenyine 19ku ijana usanga bacana inyuma.
Musubize6.01.2013 saa 01:44
sam
BURIWESE YIMENYE KANDI AMENYE IBIMUREBA GUSA NIBUMUFITIYE AKAMARO GUSA Congus te Ipsum.
Musubize4.10.2012 saa 04:00
zapis
Nibwira ko mwibeshya cyane guca inyuma nabonye mu rwanda nta handi ndabibona hano i Burayi. Uzi ibikorerwa muri ayo ma logde ariko za Remera n'ahandi. Namwe muzi ko mufite abagore. Abagabo b'abanyarwanda bariyemera gusa iyaba wari uzi ibikorwa n'abanyarwandakazi aho i Kigali. Narumiwe gusa. Murebe kandi cyane bagabo mwe mufite abagore basenga cyane nibo babiciye naho mwe muri muri Yezu gusa !!!!!!!
Musubize15.09.2012 saa 02:10
karlos
Abdullah ni umuti w'amenyo kabisa ! Wazarebye aho ujya kwigaragura n'abazungu Islam ukayireka ? Nange simbakunda cyane ariko uburyo ubavanga mu mafuti yawe yose birasetsa cyane. Harya abakora amahano mu izina rya Islam ngo ubita freedom fighters ? Uzigire muri bokoharam nibo numva ngo barwanya no kwiga kubera byazanywe n'abazungu ! Abdullah must wake up and be carefull !!
Musubize9.08.2012 saa 08:35
citoyen
kubanga nukwibabariza ubusa, ko ntacyo wabatwara se
11.09.2012 saa 09:35
citoyen au carré
hahaha aba ba type bombi baransekeje, ariko uwitwa abdullah we ahora akangura ba muslims, wagirango barasinziriye hahahahahah ni ku towa athan, kugirango bakanguke hahahaha
Musubize7.08.2012 saa 01:34
paciss
iyi nkuru niyo arikop ikibitera haba iyo umwe mubashakanye ahinduka kurusha igihe bahuraga bwambere,hanyuma byabuinshimo umwe yabonaga nabe acyibibona bigatima ajya kubishaka ahandi. igitekeezo ; uwabashije kubona umufasha yakagobye gukomeza inzira y'uburyo yamubonyemo nyuma yaho bizamufasha kugumana namugenzi wemubitekerezo dore ko arinayo ngufuri ishobora kuzirika urukundo rwabo nirupfe nguhungaba nkwa numuyaga.
24.11.2012 saa 04:06
karuta jean pierre
@Abdullah : Ubwo nawe byamaze kukugeraho kuko uri gukoresha iyo internet uvuga bayifashisha bashaka gutsindagira ibindi bihugu. Christians must wake up !
Musubize6.08.2012 saa 09:07
Ji
Ariko Abdullah upfa iki n'abo wirirwa uvuga ? Muslims se kera abakurambere bacu bataramenya islam n'andi madini ntibariho ? gusambana se bihuriye he na Holywood...ubu mu byaro ho ntibacana inyuma kandi batazi n'uko computer ikoreshwa ! Uvanga ibintu ugakabya kabisa ! Iyo muslim urata se yo yemerera umugore kurongora abagore benshi nibyo noneho bizima ? mbona wowe uwanaguha bomb wajya kwituritsa utazi n'ibyo urimo ! Abo bazungu wanga ukogeza islam y'abarabu bo ntibacuruza abirabura...va mu bya palestina na Israel uhere iwanyu !
Musubize6.08.2012 saa 08:24
yampayinka
birababaje pe !
Musubize6.08.2012 saa 06:06
nsenga
Abdullah ! Ndakumva ariko nawe ntukibwire ko isilamu ariyo izakemura ibibazo by'abantu yonyine ! None se abanyarwanda ntibikemuriraga ibibazo mbere y'uko amadiri y'ibyaduka (ndavuga ayo yose atari ayagakondo) agera mu Rwagasabo ! Naho isilamu yonyine ntihagije bitabaye ibyo Siriya iba iri mu mudendezo !
Musubize6.08.2012 saa 05:54
Yassine
mbega ibibazo
Musubize6.08.2012 saa 05:39
nsenga
Feminist revolution, freeedom ! Iyi social life niyo bashaka gutsindagira ibindi bihugu, wabyanga ugafatirwa ibihano, ukitwa ko wasigaye inyuma, ukitwa intagondwa,.....Babigeraho bakoresheje : holywood, media, internet,imfashanyo....Injangwe yacitse umurizo. indadya.com. Muslims must wake up !
Musubize6.08.2012 saa 03:50
Abdullah

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!