00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yamusabye ko barushingana ubwo yamwakiraga ku kibuga cy’indege i Kanombe

Yanditswe na

Elisée Mpirwa

Kuya 5 April 2012 saa 04:47
Yasuwe :

Umugabo w’Umunyakoreya y’Epfo witwa Shangi Chan yatunguye benshi ubwo yatakaga ikibuga cy’indege cya Kanombe yiteguye umukunzi we wari uvuye iwabo ngo abone kumushyikiriza icyifuzo cy’uko barushingana.
Shangi Chan usanzwe akora mu mushinga wa KOICA (Korea International Cooperation Agency) yatatse ikibuga cy’indege ndetse ashyiraho umusambi utukura (Red Carpet/Tapis Rouge) n’imitako yanditseho amagambo y’urukundo.
Ahagana saa munani (14:00) nibwo umukunzi we nawe w’Umunyakoreya yari (…)

Umugabo w’Umunyakoreya y’Epfo witwa Shangi Chan yatunguye benshi ubwo yatakaga ikibuga cy’indege cya Kanombe yiteguye umukunzi we wari uvuye iwabo ngo abone kumushyikiriza icyifuzo cy’uko barushingana.

Shangi Chan usanzwe akora mu mushinga wa KOICA (Korea International Cooperation Agency) yatatse ikibuga cy’indege ndetse ashyiraho umusambi utukura (Red Carpet/Tapis Rouge) n’imitako yanditseho amagambo y’urukundo.

Ahagana saa munani (14:00) nibwo umukunzi we nawe w’Umunyakoreya yari ateganyijwe kugera ku kibuga cy’indege i Kanombe aje na Qatar Airways, aho yagombaga kwakirwa aciye aho bakirira abagenzi basohotse mu nyubako y’ikibuga.

Benshi batangazwaga n’ubushake ndetse n’umutima Chan yakoresheje ngo yereke umukunzi we ashaka ko barushingana by’ukuri.

Imitako Chan yari yashyizeho irimo amagambo akora ku mutima
Ifoto y'umukunzi wa Chan yari ikikijwe n'amagambo y'urukundo
Mu ishusho y'umutima, umukunzi wa Chan akikjwe n'abana b'Abanyarwanda
Chan yakoze iyo bwabaga ashaka abataka inzira umukunzi we ari bunyuremo
Shangi Chan ategereje umukunzi we aho abagenzi bakirirwa

Andi mafoto y’umukunzi we amaze kuhagera turayabagezaho mu kanya...


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages