Kigali : Bamwe mu Banyonzi bahakorera bahamya ko bibazanira atubutse


Yanditswe kuya 24-09-2012 - Saa 10:23' na Dusabemungu Ange de la Victoire

Mu gihe hirya no hino urubyiruko ruvuga ko rwabuze imirimo, bamwe mu bakora umwuga wo gutwara amagare hirya no hino mu bice by’icyaro by’Umujyi wa Kigali batangarije IGIHE ko gutwara igare atari ukubura akazi, kuko kugeza ubu ngo inyungu bakura muri aka kazi iruta kure imishahara y’abamwe mubakozi bahemberwa ukwezi.

Abo batwara amagare badutangarije ko ku kwezi badashobora kwinjiza amafaranga ari munsi y’ibihumbi mirongo cyenda y’Amanyarwanda, n’ubwo uko bayakoresha usanga butandukanye.

Dukurikije ikiganiro twagiranye, iyo ufashe ayo mafaranga ukareba n’imikoreshereze yayo, usanga muri rusange ubuzima bw’umunyonzi w’i Kigali buba buhagaze neza, n’ubwo ku rundi ruhande ayo mafaranga babona hari n’ubwo bayakoresha mu bindi bikorwa birimo no kuryamana n’abari n’abategarugori babanje kubishyura.

Iki gice cy’urubyiruko kibarizwamo abasore bari hagati y’imyaka 17 na 29 muri bo benshi usanga baba barize amashuri hagati ya 0 kugeza kuri abiri yisumbuye.

Abanyonzi 3 kuri 4 bemeza ko baba baripimishije ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, byibuze inshuro imwe mu mwaka.

Kubijyanye no kwizigamira bitewe n’ubumenyi buke usanga aba banyonzi hari gahunda zimwe nazimwe batitabira.

IBITEKEREZO
Nimukomereze aho bana b'u Rwanda ! Burya nta mwuga udakiza nyirawe iyo awukora neza ! Gusa mwirinde izo za mabeshu zitazabangiriza ubugingo mukiri bato !
Musubize7.11.2012 saa 14:43
Migambi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!