Umunyeshuri wa NUR yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’abiga Farumasi muri Afurika


Yanditswe kuya 23-07-2012 - Saa 15:09' na IGIHE

Afadhali Diallo umunyeshuri wiga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ishami rya Farumasi, ku itariki ya 18 Nyakanga 2012 yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga mu ishami ry’Ubumenyi mu miti ivura abantu ku mugabane w’Afurika, mu matora yabereye Alger mu gihugu cya Algeria.

Afdhali Diallo wiga mu mwaka wa kane muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, uyu mwanya yatorewe akaba yari awuhataniyeho bikomeye n’Umunyatanzaniya Geoffrey Yamba Yamba. Afdhali Diallo agiye kuyobora ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ibya Farumasi ku mugabane w’Afurika muri manda ya 2012-2013 asimbuye umunyalijeriya Redouane Soualmi wari uriyoboye muri manda 2011-2012.

Afdhali Diallo akaba avuga ko gutorerwa uriya mwanya byamushimishije cyane, agasanga ari n’imbaraga z’Imana kurusha ize. Afadhali yongeraho ko umwanya yatorewe asanga ari ishema kuri we, kuri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda no ku gihugu muri rusange.

Tariki ya 18 Kamena 2012 ni bwo Afadhali Diallo yari yegukanye umudari, nyuma yo kuza ku mwanya wa kabiri mu irushanwa ryo kwandika ryitwa “International Pharmacy Students’ Federation World Essay competition” ryari rifite umutwe uvuga ngo “Global pharmacy career paths”.

Afadhali Diallo yize icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye muri College Siant André-Nyamirambo, akomereza icya kabiri muri Ecole des Sciences de Byimana, mu ishami ry’ibinyabuzima n’ubutabire (Biology and Chemistry).

Afadhali yari asanzwe ayobora ishyirahamwe rikorera muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda rihuza abanyeshuri bigamu ishami ry’ubumenyi mu miti ivura abantu mu Rwanda(AEPHAR).

Ni inkuru dukesha Jean Baptiste Micomyiza ushinzwe itangazamakuru muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda

IBITEKEREZO
Eehh ! Ahubwo se abantu bibwira ko uzagarukira aho gusa ! No, njye ndakwiyiziye Dialo na OMS ushobora kuzayiyobora ; kabisa courage and felicitation ! pousse beaucoup plus loin mon fils ! Tu es capable !
Musubize16.08.2012 saa 08:14
GATWAZA
Felicitations
Musubize24.07.2012 saa 07:23
The Pharmacist
congls mwana, may God lead u as long as you are on your duties. progress ex nur student Jean Baptiste Hakuzimana
Musubize24.07.2012 saa 03:31
hakunda
Congzzz !!!!!w're proud of u
Musubize23.07.2012 saa 21:25
rob

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!