00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatalibani barahiriye kwivugana Igikomangoma Harry w’u Bwongereza

Yanditswe na

Umurerwa Emma-Marie

Kuya 10 September 2012 saa 06:38
Yasuwe :

Abatalibani bo muri Afghanistan kuri uyu wa mbere batangaje ko biteguye kwica igikomangoma Henry Charles Albert David cyo mu Bwongereza, usanzwe utwara kajugujugu z’intambara mu gisirikare cy’u Bwongereza, akaba ari muri Afghanistan mu butumwa bw’akazi, aho azamara amezi ane. Abataribani batangaje ko bagiye gukora uko bashoboye kose, kugira ngo bahitane Igikomangoma Harry n’abandi basirikare bagize umutwe w’ingabo z’Abongereza ziri ahitwa helmand mu Ntara yo mu majyepfo ya Afghanistan, (…)

Abatalibani bo muri Afghanistan kuri uyu wa mbere batangaje ko biteguye kwica igikomangoma Henry Charles Albert David cyo mu Bwongereza, usanzwe utwara kajugujugu z’intambara mu gisirikare cy’u Bwongereza, akaba ari muri Afghanistan mu butumwa bw’akazi, aho azamara amezi ane.

Abataribani batangaje ko bagiye gukora uko bashoboye kose, kugira ngo bahitane Igikomangoma Harry n’abandi basirikare bagize umutwe w’ingabo z’Abongereza ziri ahitwa helmand mu Ntara yo mu majyepfo ya Afghanistan, ifatwa nk’imwe mu ndiri z’Abataribani.

Igikomangoma Harry ni umupirote mu gisirikare cy'u Bwongereza

Amakuru dukesha urubuga rwa 7sur7, aratangaza ko ibi ari ibyatangajwe na Zabihullah Mujahid, umuvugizi w’Abatalibani, anasobanura neza ko Abataribani bamaze gushyira ahagaragara gahunda yo kugaba igitero ku muntu wa gatatu ku rutonde rw’abagomba gusimburanwa ku bwami bw’u Bwongereza.

Igikomangoma Harry w’imyaka 27 uzwi ku izina rya Captain Wales, yageze mu kigo cya Bastion mu ntara ya Helmand mu cyumweru gishize, mu butumwa bw’igihe kingana n’amezi 4 nk’umupirote w’indege za gisirikare.

Harry agiye muri Afghanistan ku nshuro ya kabiri butumwa, ariko nibwo bwa mbere ubuyobozi bw’u Bwongereza bwatangaje ku mugaragaro ko agiye muri Afghanistan.

Ubutumwa bwa mbere yabugiyemo mu kuboza 2007, bwagizwe ibanga kugeza ibyumweru bigera mu 10 birangiye, ubwo yabusozaga muri Werurwe 2008 kubw’impamvu z’umutekano nyuma y’aho itangazamakuru ryo mu Bwongereza ryari ritangiye kuvuga ko ashobora kuba ari muri Afghanistan.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages