Umwiyahuzi w’umugore yateze bombe mu mudoka yari itwaye abanyamahanga 12 mu mujyi wa Kabul muri Afghanistani, harimo 8 baturuka muri Afurika y’Epfo, kuwa kabiri ku itariki ya 18 Nzeri.
Abo banyafurika y’Epfo baguye muri iki gitero kibasiye umuhanda mukuru werekeza ku kibuga mpuzamahanga cy’indege muri Afghanistani, ariko icyatangaje ababyiboneye ni uko cyatezwe n’umugore.
Umutwe urwanya Leta y’icyo gihugu, Hezb-e-Islami wigambye ibyo bitero by’ubwiyahuzi. Uyu mutwe wavuze ko uri kwihimura kuri filimi yakozwe irwanya Islam.
Nk’uko BBC yabitangaje ngo ntibyari bisanzwe ko abagore batega ibisasu by’ubwiyahuzi.
Minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Afurika y’Epfo yavuzeko abo banyafurika y’Epfo bapfuye bakoraga mu kigo kigenga gishinzwe ingendo zo mu ndege, ariko amazina yabo azatangazwa bamaze gupima no kwemeza umubiri wa buri nyakwigendera.
Yongeyeho ati "Ni ubwambere abantu bacu bagwa mu bitero by’ubwiyahuzi muri kiriya gihugu.”
Gusa yavuze ko nta mubano Afganistani isanzwe ifitanye n’Afurika y’Epfo, kuko uhagarariye iki gihugu asanzwe acumbika muri Pakistani. Yongeyeho ko ari nayo mpamvu kumenya amakuru y’ababo bariyo bigorana. Ntabwo yavuze niba abariyo bashobora kuvanwa yo byihuse.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yunusu wa Maridadi yasize u Rwanda ari amatongo agarutse araruyoberwa
20.05.2013 |
|
U Bufaransa : Umugabo yiyiciye abana be babiri
19.05.2013 |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |