Nyuma yo gutumizwa n’Ubushinjacyaha, agahatwa ibibazo mu gihe cy’amasaha arindwi, abazwa ku rupfu rw’ababikira batatu b’abataliyanikazi bishwe muri Nzeri, Bob Rugurika Umuyobozi wa RPA yatawe muri yombi.
Saa kumi n’imwe zibura iminota 8 kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Mutarama 2015, ni bwo Bob Rugurika Umuyobozi wa Radiyo ijwi rya rubanda nyafurika RPA (Radio Publique Africaine) yurijwe imodoka ya Polisi ajyanwa muri Gereza ya Mpimba mu Mujyi wa Bujumbura.
Rugurika yatawe muri yombi nyuma y’amasaha arindwi ahatwa ibibazo n’Umushinjacyaha Emmanuel Nkurikiye, ngo hamenyekane neza uruhare rwe mu bwicanyi bwakorewe abihayimana batatu b’abataliyanikazi, bishwe muri Nzeri 2014.
Rugurika yamenyeshwe ko yahamagajwe , kandi akitaba nk’umunyamakuru, ibi bikaba byahise byamaganirwa kure na Lambert Nigarura wari kumwe na Jean Bosco Ngendakuriyo bamwunganira mu mategeko, babwiye Ubushinjacyaha ko ari Umuyobozi wa Radiyo kandi akitaba nk’umuyobozi.
Cherif Nkeshimana yatangarije IGIHE.bi ko Bob Rugurika, ashinjwa ubufatanyacyaha mu bwicanyi bwakorewe abataliyanikazi Olga Raschietti w’imyaka 83, Bernadette Boggia w’imyaka 79 na Lucia Pulici w’imyaka 75 biciwe mu Kamenge, akanakingira ikibaba ababishe.
Ibyo byaha abishinjwe mu gihe amaperereza iyo radiyo yari yakoze yagaragazaga ko hari abakozi b’ibiro by’Ubutasi bafashijwe na Adolphe Nshimirimana wahoze abiyobora, hamwe n’abandi barimo umupolisi witwa Ayubu, bateguye ubwicanyi bwahitanye ababikira batatu b’abataliyanikazi.
Aho yari yitabye ubushinjacyaha i Bujumbura, Rugurika yari yashyigikiwe n’imbaga nyamwinshi, yarimo abahagarariye ibihugu bya bo mu Burundi, abo mu mashyirahamwe yegamiye ku bya Politiki, Abanyamakuru bo muri icyo gihugu, abo mu Karere ndetse n’abandi b’ibitangazamakuru mpuzamahanga.
Akimara kurizwa imodoka ya Polisi imujyanye muri Gereza ya Mpimba, benshi mu bari aho bananiwe kwihangana, maze kuri iyo mbuga bariho hahita hacura amarira n’imiborogo.
Tubibutse ko Christian Claude BUTOYI yishe ababikira babiri ba mbere ku cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2014 ahagana saa munani z’amanywa, agaruka mu gicuku saa munani z’ijoro yica undi wa gatatu, atabwa muri yombi kuwa mbere tariki ya 8 Nzeri 2014, ari na bwo yeretswe itangazamakuru, agahita asobanura uburyo yabishemo.



















TANGA IGITEKEREZO