00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza: Umunyarwanda Henri Jado agiye guhembwa mu bahanga 15 basoje kaminuza

Yanditswe na

Deus Ntakirutimana

Kuya 12 December 2013 saa 12:01
Yasuwe :

Umunyamakuru akaba n’umushyushyabirori Uwihanganye Jean de Dieu w’imyaka 26, uzwi cyane mu Rwanda ku izina rya Henri Jado, akaba ari mu Banyarwanda 3 barangije muri kaminuza ya Manchester mu Bwongereza uyu mwaka, agiye guhembwa muri 15 b’abahanga baharangije.
Uwihanganye arangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ryo gucunga imishinga minini y’ubwubatsi, aho yari yaratangiye amasomo ye muri Nzeri 2012 nyuma yo gusoza icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Rwanda.
Ibi bihembo bakaba (…)

Umunyamakuru akaba n’umushyushyabirori Uwihanganye Jean de Dieu w’imyaka 26, uzwi cyane mu Rwanda ku izina rya Henri Jado, akaba ari mu Banyarwanda 3 barangije muri kaminuza ya Manchester mu Bwongereza uyu mwaka, agiye guhembwa muri 15 b’abahanga baharangije.

Uwihanganye arangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ryo gucunga imishinga minini y’ubwubatsi, aho yari yaratangiye amasomo ye muri Nzeri 2012 nyuma yo gusoza icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Rwanda.

Ibi bihembo bakaba babihabwa mu birori byo kwiyakira biza kuba nyuma y’ibirori nyirizina byo gusoza aya masomo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Ukuboza 2013.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE biciye ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, Uwihanganye yavuze ko yishimiye kuba asoje ayo masomo akaba avuga ko atahera mu Bwongereza, ahubwo azaza gutanga umusanzu we mu rwamubyaye.

Yagize ati: “Nshimishijwe no kuba nsoje aya masomo, igihe kirageze ngo ngaruke mu Rwanda, nze mfatanye n’abandi twihutishe iterambere ry’igihugu cyacu, ufite umushinga ashaka gushyira mu bikorwa, yazanyegera nta kibazo.”

Uwihanganye yavuze ko kubona iri shuri byatewe n’uko yari yaragize amanota menshi mu masomo y’ibijyanye n’ubwubatsi mu cyiciro cya mbere cy’abatsinze neza mu cyahoze cyitwa Kaminuza nkuru y’u Rwanda i Butare.

Uretse kuba yaza mu Rwanda gutanga umusanzu mu kubaka igihugu, yanavuze ko yashinze ishuri mu Bwongereza ryigisha Ikinyarwanda ku bana b’Abanyarwanda baba mu mujyi wa Manchester.

Mu gihe ngo azaba agarutse mu Rwanda, arateganya kurisiga mu maboko y’abayobozi b’Abanyarwanda baba muri uyu mujyi.

Henri Jado mu Rwanda yari azwi nk’umunyamakuru mu kiganiro cya Salus Relax cyavugaga ku bahanzi n’andi makuru y’imyidagaduro.

Ni we kandi wayoboye ibirori bya Rwanda Day byabereye i Londres muri uyu mwaka.

Kaminuza ya Manchester Henri Jado yigagamo, iri ku mwanya wa 4 mu Bwongereza, uwa 6 mu Burayi, ku rwego rw’Isi ikaba ku mwanya wa 20, yigwamo n’abanyeshuri baturuka mu bihugu birenga 80, kuri ubu basaga ibihumbi 39.

Mu bantu bamaze guhabwa igihembo cyitiriwe Nobel kugeza ubu, harimo 25 bayiciyemo cyangwa bayigishijemo.

Henri Jado arangije amasomo mu by'ubwubatsi mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza i Butare muri Mutarama 2012
Henri Jado asezera umukunzi we ku kibuga cy'indege cya Kigali i Kanombe
Henri Jado akiri kwiga muri kaminuza ya Manchester yakinaga basketball n'abandi biganaga
Henri Jado ni we watangaga amagambo muri Rwanda Day yabereye mu Bwongereza
Kaminuza ya Manchester Henri Jado yigagamo iri ku mwanya wa 4 mu zikomeye mu Bwongereza

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages