Umuganga wo mu gihugu cya Pakisitani ushinjwa n’igihugu cye gufasha ibiro bishinzwe ubutasi by’Amerika gufata uwari umuyobobzi wa Al-Quaïda wishwe n’umukomando w’Amerika, yakatiwe igifungo cy’imyaka 33 n’urukiko rukemura imanza z’amoko mu karere ka Kyber muri Pakisitani.
Shakeel Afridi ni umuganga ubaga abarwayi ashinjwa kubeshya ko yavuraga mu mujyi wa Abbottabad aho Ben Laden n’umuryango we babaga ahubwo yishakaga gufata ADN zabo, yahamijwe iki cyaha n’ubuyobozi bw’akarere kigenga ka Kyber aho uyu mugabo akomoka.
AFP dukesha iyi nkuru ivuga ko kuri telefoni yavuganye n’umuvugizi w’aka karere avuga Mohammad Siddiq avuga ko yakatiwe igifungo cy’imyaka 33 kubera ubugambanyi akaba yahise ajyanwa mu gereza nkuru y’ahitwa Peshawar mu mujyi munini wo mu Majyaruguru.
Oussama Ben Laden yishwe tariki ya 2 Gicurasi 2011 n’umukomando w’umunyamerika. N’ubwo ngo nta ntwaro yari afite, Bin Laden yahise araswa kuko iyo operasiyo yari mu rwego rw’izo bita “shoot to kill”.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Umugabo yiyiciye abana be babiri
19.05.2013 |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |