Libani : Abakirisitu n’Abayislamu biteguye kwakira Papa Benoît XVI


Yanditswe kuya 14-09-2012 - Saa 03:01' na Abdou Nyampeta

Papa Benoît XVI kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Nzeri 2012, ategerejwe muri Libani mu ruzinduko agirirayo ruzamara iminsi 3. Ajyanweyo no kugeza ku baturage ba Libani imyanzuro y’inteko rusange idasanzwe yateraniye i Roma mu Kwakira 2010, yibanze ku mibereho y’Abakirisitu bo mu Burasirazuba bwo hagati.

Papa Benoît XVI, agiriye uruzinduko mu karere karangwamo imvururu zishingiye kuri politiki n’iyobokamana. Ubutumwa bw’amahoro ashyikiriza Abakirisitu abasaba kutava mu gihugu cyabo, Abayisilamu babutegereje n’amatsiko menshi.

Amakuru dukesha Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, avuga ko abantu bakomeje kwibaza niba koko Papa yagirira uruzinduko mu gihugu giturantye na Syria irangwamo intambara ikomeje kumena amaraso y’abaturage.

Uruzinduko rwe, rubaye ikimenyetso gikomeye gifite icyo kivuze muri ibi bihe bikomereye abaturage bo muri ako karere.

Uru ruzinduko rubaye nyuma y’imyaka 15, rukurikiye urwa Papa Yohani Pawulo II, rwabaye mu 1997, ubwo harangwagamo intambara hagati ya Libani na Isiraheli yatumye urubyiruko rwinshi rujya gushakira amaramuko mu mugabane w’u Burayi.

IBITEKEREZO
@ Nirere, kuvuga ko PAPA ari 100 % religious nta politik ahura nayo, waba ukabije. N'ubwo wenda atategeka kirimbuzi OTAN/USA cg IsraHell guhagarika gahunda zabo, ariko hari icyo byahinduraho (ntakibura akamaro). Kutavuga rumwe ntawe ubyanga, kunengwa bibaho, ariko gutukana cg gusebanya ndakeka ntawabishyigikra. Hari igisubizo nigeze kuguha ngusobanurira ko Islam ari a complete way of Life (Social, political, religious...) kandi nkumva ntawe ukwiye kutwambura ubwo burenganzira, nanakwibukije ko democracy atari african or rwandan, ni ingereki(Grec). Aramutse atangaje position ye, akanasaba uruhande rutera akavuyo kw'isi yose, ndahamya ko ubutumwa bwe bwakumvikana. Yego agomba kwitonda mumagambo ye cyane ko hari abasilamu ba reactinga nk'abasazi, hakaba n'amadayimoni afite inyungu nyinshi muri zizirya ntambara kuburyo kuvuga guhagarika ibitero by'indege zitagira pilotes cg kureka imperialism bitakoroha. Erege izi ntambara zifire dimensions nyinshi, n'ubwo Shitani itwemeza ko ari ukurwanya iterabwoba (soma Islam), cg guharanira democracy and human rights (soma petrol). Weekend nziza.
Musubize15.09.2012 saa 01:57
Abdullah
Dialogue des sages ! Ndagushimiye ku bisobanuro bituje umpaye ku byo nari nibajije kuri comment yawe. Hari n'ibindi bibazo ngize ku byo umbwiye ko democracy atari african or rwandan ahubwo ari iy'abagereki... byatumye nibaza nti Islam yo harya ni iy'abaki ? Mfite n'utundi tubazo nyine, gusa ndanga ko twatuma abandi basomyi batwinuba kuko uru rubuga ni urwa bose. Ndifuza kuganira nawe birambuye niba ubishaka ( e-mail yanjye ni nirereanne@ymail.com). Ugire amahoro !
15.09.2012 saa 13:37
Nirere
Abdullah se koko uragira ngo Umusaza Papa ahagarare he muri ibyo koko ? Abasilamu barabibaza papa nk'ikibazo cy'amatsiko se cg kubera ko bakeka ko hari aho ahuriye n'icyo gikorwa ? Iyo uvuze ngo "BAKWIYE" wadusobanurira neza impamvu wumva bakwiye ? (Sindwanya igitekerezo cyawe, ahubwo ndabaza) Niba ujya ukurikira amakuru n'amatangazo ya Vatikani wagakwiye kuba uzi declarations Kiliziya Gatolika yakomeje gukora mu bihe bibi by'intambara n'amakimbirane, ubugizi bwa nabi n'ibindi byose aho byaba biva hose. Ukwiriye kugira abonement kuri site ya ZENIT cyangwa uzindi zitangaza amakuru ya Vatikani ukajya ubikurikirana witonze. Njye nkeka ko kwitegeza ibibazo by'abaslam ku ngingo nka ziriya ari ukwishyira mu mazi abira, ndibuka ibyo bakoze igihe yari yavuze akajambo k'ubusabusa kuri Islam ubwo yaherukaga iwabo mu Budage... Njye nifuza ko atagira icyo abivugaho kubera ko babimubajije gusa kuko ubwabyo biri politic cyane kurusha uko biri religious kandi ubutumwa n'ububasha bwe biri principally religious. Imana imukure imbere imitego y'ubwo bwoko. Unsubije waba umfashije. Ndagukunda !
Musubize14.09.2012 saa 11:21
Nirere
You are right . Amagambo yawe agaragaza ko ushobora kuba uri umuhanga. I would like to contact you.
15.09.2012 saa 05:06
MUKANGA
mu kganiro n'abanyamakuru yahamagariye biriya bihugu kureka gukoresha intwaro bashaka amahoro, ko ahubwo aho kwinjiza intwaro mu bihugu bakwiye kwinjiza amahoro. Ikindi kandi yagarutse ku myitwarire y'amadini avuka akwiye kureka ibyo yise kwiyumvisha ko ariyo yinyine ariho gusa, fundamentalism, avuga ko ubwigenge bw'ukuri ari ubureka abantu bakaganira kandi bakubahana. Mu butumwa bw'amahoro nk'uko yiyemereye ko aribwo azanye ubwo bamwe bakeka ko yagira ibyo avuga kuri politiki, harimo gushimnagira amhoro ubwumvikane, ubufatanye n'ubwubahane. Yarangije aha umugisha abari aho anishimira kuba bamwakiriye mu gihe azamara, agira ati, "Je sais que votre pays veut être digne de « l’Ahlan wa Sahlan  » libanais. Il l’est déjà et le sera dorénavant encore plus. Je suis heureux d’être avec vous tous. ل٠ي٠بَار٠ك الربّ٠جميعَك٠م [Que Dieu vous bénisse tous !] Merci !"
Musubize14.09.2012 saa 09:40
peter
Abasilamu bakwiye kumubaza aho ahagaze kuri filmes zituka Islam, aho ahagaze kubitero USA n'abafatanyacyaha bayo bakomeje gukora muri Pakistan, Afghanistan, Somaliya(AMISOM)....
Musubize14.09.2012 saa 04:41
Abdullah

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!