Abanyamakuru babiri biciwe muri Siriya kuwa Gatatu ubwo inzu y’itangazamakuru y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Bachar al-Assad yaturikirwagaho igisasu.
Umunyamakuru ufotora wazize ibyo bisasu ni Rémi Ochlik w’imyaka 28 y’amavuko ukomoka mu Bufaransa na Marie Colvin w’umunyamerikakazi w’imyaka 55 wakoreraga Ikinyamakuru Sunday Times.
Amakuru dukesha Le Parisien avuga ko abandi banyamakuru bane bakomerekejwe n’ibyo bisasu barimo uwundi munyamakuru w’umufaransakazi, Edith Bouvier usanzwe akorera Le Figaro wahakomerekeye bikabije.
Ibiro ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) bivuga ko abanyamakuru Marie Colvin na Rémi Ochlik bakomerejekwe n’igisasu cyaguye mu nzu barimo ubwo bashakaga guhunga.
Minisitiri w’Umuco w’u Bufaransa Frédéric Mitterrand atangaza ko ibiri kubera muri Siriya biteye ubwoba kuko bibaje kubona abanyamakuru baraswa mu gihe bahunze intambara.
Marie Colvin wakoreraga mu Mujyi wa Londres mu Bwongereza yari umunyamakuru w’inzobere akaba yaramenyekanye ubwo yataraga amakuru menshi mu ntambara ya Yougoslavie, Iran ou en Libiya akaba yaratakaje ijisho rye ubwo yataraga amakuru mu ntambara ya Yougoslavie. Yanataye amakuru kandi ku ntambara zabereye muri Iran na Libya.
Rémi Ochlik yari akiri umusore ndetse akaba n’umunyamakuru, yamenyekanye mu nkuru ziheruka muri Haïti, Congo ndetse n’amakuru menshi yagiye yohereza mu mpinduramatwara iheruka kubera muri Misiri na Libiya.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
François Hollande yashyizeho guverinoma nshya
17.05.2012 |
|
Irani iraregwa kugurisha intwaro zayo muri Syria
17.05.2012 |
|
Kaberuka Donald yatumiwe na Obama mu nama ya G8
17.05.2012 |
|
Yagizwe umwere nyuma y’imyaka 23 yarakatiwe urwo gupfa
16.05.2012 |
|
Umunyayisilayeli ushinjwa kwica no gutata Irani yishwe amanitswe
15.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |