Abantu bagera kuri 200 baguye mu gitero cyagabwe mu gace ka Treimsa mu Ntara ya Hama mu gihugu cya Syria, Leta n’abatavuga rumwe nayo bakaba bari kwitana bamwana ku waba yihishe inyuma y’ubwo bwicanyi.
Ubwo bwicanyi bwabaye kuri uyu wa Kane, ubwo ingabo z’igihugu zashakaga gufata agace ka Treimsa baza kugwa mu gico cy’abarwanya ubutegetsi.
Amakuru dukesha BBC avuga ko ngo mu gitondo cyo ku wa Kane ingabo za Leta zari zagose aka gace, ingabo zirwanya Leta zikavuga ko ingabo za Leta ari zo zishe aba baturage zikoresheje indege z’intambara n’ibitwaro bikomeye, mbere y’uko imitwe ishyigikiye Leta iza nayo igatangira kurasa abaturage.
Gen. Robert Mood Umukuru w’ingabo za Loni muri Syria yavuze ko bagikomeza gukora iperereza ku waba yagize uruhare muri ubu bwicanyi bakaba kandi bahamagaririra imitwe yose kumvikana kugirango bahagarike intambara.
Ubwicanyi bwo muri Syria bumaze guhitana abantu bagera ku 16.000 mu mezi 16 ashize, nyuma y’aho hatangiye kubaho imyigaragambyo irwanya ubutegetsi bwa Perezida wa Syria Bashar-el Assad.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
|
U Bufaransa bwemeje ko ubukungu bwabwo bwifashe nabi
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |