Una Mukandoli wari inshuti y’u Rwanda n’Abanyarwanda, yashizemo umwuka tariki 31 Nyakanga 2012 mu bitaro byo mu Bubiligi byitwa Bordet.
Nk’uko umukobwa wa Una Balfe Mukandoli, Gwendoline Faravel, yabitangarije IGIHE, nyina umubyara wari ufite imyaka 71 y’amavuko yazize uburwayi.
Una Balfe Mukandoli yari umuhanzi w’umuririmbyi, akaba n’umwanditsi w’ibitabo n’imivugo, ubusanzwe akomoka mu gihugu cya Irlande, aho yavukiye tariki ya 30 Nzeli 1941 i Langford hafi y’umujyi wa Dublin. Nyakwigendera asize abana batatu n’abuzukuru batanu.
Yandikiye indirimbo nyinshi abaririmbyi mu Bubiligi nka Vaya con Dios, Machiavel, Blue Rock, Sunhouse na Calvin Owens Blues Band.
Yatangiye kumenyekana muri Diaspora nyarwanda i Bruxelles mu mwaka w’1980, biturutse ku nshuti ye yitwa Valérie Gahongerwa benshi bazi ku izina rya « Tante Valérie », bafatanyije gushinga ishyirahamwe bise « La Petite Colline » mu 1984. Ubu iyoborwa n’umuhungu wa Valérie w’imfura witwa Bideri Alain. Iri shyirahamwe ryarashyizweho mu rwego rwo guhuza abantu mu bijyanye n’umuco w’aho bakomoka.
Una yakunze umuco nyarwanda cyane, imbyino, indirimbo, ubusizi ndetse n’ururimi rw’ Ikinyarwanda, nyuma aniyemeza kwibanira n’Abanyarwanda bari impunzi icyo gihe, bafatanya akababaro barimo ko kutemererwa gutaha iwabo, ari naho yahimbye indirimbo ye ya mbere yise « Lament for Rwanda » mu mwaka w’1987. Iyo ndirimbo yavugaga agahinda k’umwana wibuka iwabo i Rwanda mu gihugu cy’imisozi igihumbi.
Una yagiye mu Rwanda bwa mbere tariki ya 19 Ugushyingo 1994, ahageze yafashije abana barenga 30 mu ishyirahamwe yise « Imfura z’umutima » mu gihe cy’imyaka icyenda. Muri abo bana yareze harimo abageze muri za kaminuza, yafashijwe cyane n’ishyirahamwe ryo mu Bubiligi « Pomme et Papaye » rya Claire na Jacqueline Ausloos, bamubaye hafi mu gufasha izo mfubyi.
Una kandi yanditse inkuru nyinshi muri « The New Times » yo mu Rwanda no mu kinyamakuru « Ikaze », yakoze ibitaramo byinshi byo guteza imbere umuco nyarwanda. Yari azwi cyane ku izina rya « Mukandoli », iri akaba yararihawe na nyakwigendera Sentore mu gitaramo cyabereye muri Centre Culturel Franco Rwandais i Kigali mu mwaka w’1996.
Nyuma y’imyaka cumi n’itandatu yashyize ahagaragara CD igizwe n’indirimbo cumi n’enye zakorewe muri studio ya Contact FM, ayita « Mukandoli Una mu Rwanda ». Mu kuyikora yafatanyije n’abaririmbyi nka Ben Ngabo, Papy John, Thierry Gallard na Sly, icyo gihe akaba yaratewe inkunga n’Ambasade ya Irlande i Kampala.
Yanditse kandi igitabo yise « Rwanda My Love » kizasohorwa vuba mu gihugu cy’u Bwongereza na Nathanial Boarer, ukorera ikinyamakuru Ikaze.
Una yari afite indi mishinga myinshi yagizemo uruhare n’indi yifuzaga kuzashyira mu bikorwa mu Rwanda nko kongera guha isura ryiza ishuri ryigishaga ubuhanzi rya Nyundo (Ecole d’ Arts de Nyundo) n’indi mishinga myinshi yifuzaga kuzakorera mu Karere yari atuyemo ka Nyamyumba hafi y’ikiyaga cya Kivu, aho yabanaga neza n’abarobyi, ndetse akaba yarifuzaga no kuzakoraho indirimbo ivuye mu nganzo yabo ya buri munsi baririmbaga bava kuroba.
Una yafashije kandi abana bo Ntara y’u Burengerazuba abagisha ibya muzika afashijwe n’Ambasade y’ u Buholandi, ubu abo basore yafashije bavuyemo abahanzi ku buryo bamwe bagaragaye mu bitaramo byabaye kuri stade Amahoro kuva mu mwaka wa 2003.
Una igitaramo cye cya nyuma aherutse kugikorera i Bruxelles mu Bubiligi mu Karere ka Uccle, aho yunganiwe n’abahanzi nka Cécile Kayirebwa, Ben Ngabo, Bideri Alain, Lion Eye, Che Mukunzi na Zion Youth, akaba yarifuzaga ku gikomereza mu turere twose tw’u Rwanda.
Umukobwa we Gwendoline Faravel mu kiganiro yagiranye na IGIHE mu Bubiligi yatubwiye ko we na basaza be babiri barimo bategura uko bazamuherekeza bwa nyuma, kandi ko bazahita bihutira kurangiza album yise « Rwanda My Love » ikazasohoka mu Rwanda vuba mu rwego rwo kumwibuka.
Gwendoline yagize ati “Asize amateka meza azamutwibutsa igihe cyose twe n’inshuti ze zose. “
Yanatubwiye ko hateganyijwe n’umugoroba wo kumwibuka ku cyumweru tariki ya 5 Kanama i Bruxelles muri Uccle kuri N° 75 rue du Coq, naho kumuherekeza bwa nyuma ni ku wa mbere tariki ya 6 kanama saa 10 :30 mu kiriziya cya « Du Précieux Sang » N° 24 rue du Coq muri Komine ya Uccle.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yunusu wa Maridadi yasize u Rwanda ari amatongo agarutse araruyoberwa
20.05.2013 |
|
U Bufaransa : Umugabo yiyiciye abana be babiri
19.05.2013 |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |