Angela Merkel Chanceliere w’u Budage araburira abaturage ko urwego rw’ubukungu ruzarangwamo ibibazo bikomeye mu mwaka wa 2013 kuruta uko byari bimeze 2012, akabahamagarira kwihangana no gukomera mu butumwa bw’umwaka mushya yatanze.
Mu nkuru yatangajwe n’urubuga 7 sur 7 Angela yagize ati “Urwego rw’ubukumgu ruzarangwa n’ibibazo umwaka utaha, ariko ibi ntibigomba kuduca intege, ahubwo bikwiye kudushishikariza gukora.
Avuga ku ihungabana ry’ubukungu mu Burayi, Angela Merkel yahamagariye abaturage kwihangana . Ati “ Impinduka twemejwe (mu Burayi) zitangiye kuzana ingaruka, turacyakeneye kwihangana kuko nti turabasha kurenga ibibazo.
Nubwo ubukungu bw’u Budage butahungabanye bikomeye ugereranyije n’ibindi bihugu by’i Burayi, Merkel avuga ko umusaruro bwite w’imbere mu gihugu wasubiye inyuma ku gipimo cya 0,2% mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yunusu wa Maridadi yasize u Rwanda ari amatongo agarutse araruyoberwa
20.05.2013 |
|
U Bufaransa : Umugabo yiyiciye abana be babiri
19.05.2013 |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |