Kuwa Gatanu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubufaransa Laurent Fabius yatangaje ko igihugu cye cyigiye guha abarwanya Leta ya Syria ibikoresho by’itumanaho, mu rwego rwo kuvanaho ubutegetsi bwa Perezida Bashar al-Assad .
Amakuru dukesha Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI avuga ko iyi ari nshuro yambere abategetsi b’Ubufaransa batangaje ko bagiye guha ibikoresho birimo n’ibyagisirikare byakwifashishwa n’izi ngabo zirwanya Leta Syria.
Laurent Fabius kandi yakomeje avuga ko ibiganiro hagati y’Ubufaransa ndetse n’Igihugu cy’Uburusiya bigiye gutangizwa mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cya Syria, ndetse no gushaka uburyo Perezida Bashar al-Assad yatanga ubutegetsi mu mahoro bidaciye mu ntambara.
Hagati aho ariko Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya Sergei Lavrov yatangaje ko nta biganiro igihugu cye cyizigera kigirana n’ibihugu nk’Ubufaransa ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, kuko ngo usanga bibogamiye kuruhande rw’abarwa ubutegtsi bwa Bashar al-Assad.
Ibihugu nk’Uburusiya n’Ubushinwa byanze gutora icyemezo gifatira ibihano igihugu cya Syria mu Muryango w’Abibumbye, ndetse byanga ko hakoreshwa ingufu za gisirikare.
Mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubufaransa Fabius yagiranye na Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), yavuze ko mu mpera z’ukwezi kwa Gatandatu tariki ya 30, Ibihugu bikomeye ku Isi bizahurira I Genève mu Busuwisi mu rwego rwo gushaka umuti ku ntambara yo muri Syria imaze guhitana abantu bagera ku bihumbi cumi na bine na magana ane (14,400) guhera mu kwezi kwa Gatatu umwaka ushize wa 2011.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
|
U Bufaransa bwemeje ko ubukungu bwabwo bwifashe nabi
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |