Ubufaransa bugiye gufasha abarwanya Syria


Yanditswe kuya 18-06-2012 - Saa 14:47' na Habimana James

Kuwa Gatanu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubufaransa Laurent Fabius yatangaje ko igihugu cye cyigiye guha abarwanya Leta ya Syria ibikoresho by’itumanaho, mu rwego rwo kuvanaho ubutegetsi bwa Perezida Bashar al-Assad .

Amakuru dukesha Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI avuga ko iyi ari nshuro yambere abategetsi b’Ubufaransa batangaje ko bagiye guha ibikoresho birimo n’ibyagisirikare byakwifashishwa n’izi ngabo zirwanya Leta Syria.

Laurent Fabius kandi yakomeje avuga ko ibiganiro hagati y’Ubufaransa ndetse n’Igihugu cy’Uburusiya bigiye gutangizwa mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cya Syria, ndetse no gushaka uburyo Perezida Bashar al-Assad yatanga ubutegetsi mu mahoro bidaciye mu ntambara.

Hagati aho ariko Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya Sergei Lavrov yatangaje ko nta biganiro igihugu cye cyizigera kigirana n’ibihugu nk’Ubufaransa ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, kuko ngo usanga bibogamiye kuruhande rw’abarwa ubutegtsi bwa Bashar al-Assad.

Ibihugu nk’Uburusiya n’Ubushinwa byanze gutora icyemezo gifatira ibihano igihugu cya Syria mu Muryango w’Abibumbye, ndetse byanga ko hakoreshwa ingufu za gisirikare.

Mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubufaransa Fabius yagiranye na Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), yavuze ko mu mpera z’ukwezi kwa Gatandatu tariki ya 30, Ibihugu bikomeye ku Isi bizahurira I Genève mu Busuwisi mu rwego rwo gushaka umuti ku ntambara yo muri Syria imaze guhitana abantu bagera ku bihumbi cumi na bine na magana ane (14,400) guhera mu kwezi kwa Gatatu umwaka ushize wa 2011.

IBITEKEREZO
it is so unbelievable how a leader can kill his citizen what can better is to remove president BASHAR but how ? it will cause the interration between the western and russia
Musubize21.06.2012 saa 13:43
david
At least abafaransa noneho numvise batekereje neza, biteye isoni kuba isi yose yirirwa irebera inzirakarengane zipfa umusubizo muri syria zizira umunyagitugu w'ingirwa-muyobozi, isi yose ikwiye guhaguruka igakuraho uri ku isonga ryo kumena amaraso muri Syria kuko ntakindi amaze nta nicyo azamarira abanya syria uretse kubazanamo imiborogo, none se iyo abaturage batakigushaka ukanga kurekura ubutegetsi ngo uzabategeka mpaka utakumva umurase ! uba umariye iki abo utegeka ?,wowe se uba wimarira iki ? ubundi se kuki urinda ugera aho abaturage hafi bose bajya mumihanda bakwamagana nuko se uba ubayobora neza ? uwo mutegetsi amaraso y'abanyasyria azamuhame
Musubize19.06.2012 saa 12:57
uko mbibona
Abdullah najye ndumu islam ariko wowe ndumva ntaho utaniye niriya mitwe yiterabwoba yitwaza ubuislam , muslims must wake up ?????? babe wake up mubikorwabyiza byo gufasha abababaye atarukwica inzirakarengane njye umusilamu wese wo mu Rwanda ushyigikira intagondwa nge numva nanamubonye namufungisha kuko urebye ibyo aba barabu bakora nubugome gusa bubyuzuyemo ntanubwo wakabaye uvuga gutyo ababarabu bica abasudani bene wabo bahuje ubuslam babaziza ko bavutse arabirabura.
Musubize19.06.2012 saa 04:01
ukombibona
Inkuru nyunganizi : Les deux chefs d'Etat (Barack Obama et Vladimir Poutine) ont appelé de leurs voeux lundi « une solution politique ». Passant ainsi sous silence les désaccords qui ont divisé les deux pays sur le dossier syrien. Alors que les deux hommes devaient se retrouver pour discuter de leurs « désaccords » sur la Syrie, Barack Obama et Vladimir Poutine ont finalement déclaré avoir trouvé de « nombreux points d'accord » sur cet épineux dossier. Lundi, le président russe et son homologue américain se sont exprimés lors d'une conférence de presse commune à l'issue d'une rencontre en marge du sommet du G20 à Los Cabos, au Mexique. « A mon avis, nous avons trouvé de nombreux points d'accord sur ce sujet », a indiqué le patron du Kremlin. Les deux leaders ont ainsi annoncé s'être mis d'accord avec son homologue russe Vladimir Poutine sur la nécessité de mettre fin à la violence en Syrie. « Afin de mettre un terme à l'effusion de sang en Syrie, nous appelons à un arrêt immédiat de la violence », ont déclaré les deux dirigeants dans un communiqué commun, se disant « unis dans l'idée que le peuple syrien devrait pouvoir choisir son avenir de façon indépendante et démocratique ». Les deux chefs d'Etat, le visage grave, ont appelé de leurs vÅ“ux « une solution politique » en Syrie, a indiqué Barack Obama. Pour y parvenir, ils se sont engagés à « travailler avec d'autres acteurs au niveau international » dont l'émissaire du Conseil de sécurité de l'ONU et de la Ligue arabe Kofi Annan. Les discussions sur ce sujet se poursuivront, a ajouté Vladimir Poutine à l'issue de cette une rencontre très attendue avec le locataire de la Maison-Blanche Obama, à un moment où les relations russo-américaines sont empoisonnées par le soutien de Moscou au régime du président syrien Bachar el-Assad. Sur le terrain, plus de 70 personnes, dont une majorité de civils, ont été tuées à travers le pays, où l'armée a pilonné plusieurs villes des régions de Homs et Damas, selon une ONG syrienne.
Musubize19.06.2012 saa 03:51
Cento8
Ubu Fransa nibwo bwashyizeho kariya gaco k'abajura ba Assad Family. None babonye impinduka iri kuba mu bihugu by'abarabu bati reka dufashe Al qaeda. Ibiri kubera muri arab world ni agahoma munwa. Mu Misr(Egypt) nibo bari buduhe ishusho nyayo y'uko ibintu bizagenda, niba ingabo(zikoreshwa na Uncle SAM) ziri bwemere guha ubuyobozi uwitorewe n'abaturage cg niba bari bugumane ubutegetsi mugihugu cyamaze kwamburwa itegeko nshinga. Ibiri kubera Syria rero ni ukuryanisha abaturage bagatemana, hanyuma uzafatishwa ubutegetsi akazajya ahabwa amabwiriza aturutse Paris. IsraHell (Israel) irashaka guca intege Assad kubera ko imushinja kuba yafashaga za Hamas na Hezbullah, kandi yari n'incuti ya Iran. Gutyo leta z'ibigugu zirahita zishiraho maze hajyeho za leta zishyiriweho na Uncle SAM a.k.a Zionist akazajya abasha kuzigenzura, nta mbaraga na zike zizaba zifite zo guhangana na IsraHell. Muslims must wake up !
Musubize18.06.2012 saa 22:58
Abdullah
ffffffff
Musubize18.06.2012 saa 12:18
hggggg

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!