00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Nta kazi ka leta nshaka-Raila Odinga

Yanditswe na

Joseph Curio

Kuya 20 May 2013 saa 06:32
Yasuwe :

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Kenya, Raila Odinga, watsinzwe mu matora ya Perezida yagaragaje ko adashishikajwe n’akazi muri Leta nyuma y’aho byavugwaga ko Perezida Uhuru Kenyatta wamutsinze yashakaga kumugenera umwanya.
Nk’uko tubikesha The Standard ivuga ko Raila yivuye inyuma, ahakana ko Perezida Uhuru yamuhaye umwanya ndetse ko nawe ubwe atigeze awusaba muri guverinoma nshya.
Ku cyumweru ubwo yari yagiye mu gusengera mu idini rya Evangelical Lutheran Church i Nairobi, (…)

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Kenya, Raila Odinga, watsinzwe mu matora ya Perezida yagaragaje ko adashishikajwe n’akazi muri Leta nyuma y’aho byavugwaga ko Perezida Uhuru Kenyatta wamutsinze yashakaga kumugenera umwanya.

Nk’uko tubikesha The Standard ivuga ko Raila yivuye inyuma, ahakana ko Perezida Uhuru yamuhaye umwanya ndetse ko nawe ubwe atigeze awusaba muri guverinoma nshya.

Ku cyumweru ubwo yari yagiye mu gusengera mu idini rya Evangelical Lutheran Church i Nairobi, yatangaje ko nta mwanya akeneye muri Guverinoma ko afite ibindi ari kwikorera.

Raporo mu kinyamakuru cyo muri Kenya yari yavuze ko Uhuru yari yahaye Raila akazi mu bya dipolomasi, kandi bikishimirwa na Perezida Uhuru n’umwungirije William Ruto.

Odinga kandi byari byavuzwe ko ashobora kuzajya mu Nteko Ishinga Amategeko cyangwa akayobora Ihuriro ry’amashyaka (CORD). Ibi byose Odinga yabiteye utwatsi.

Raila Odinga wiyamamarije kuba Perezida mu matora yo kuwa 4 Werurwe 2013, ntiyahiriwe n’intsinzi, ahakana ibyavuye mu maatora ariko aza kwemera ko Perezida Uhuru yamutsinze byemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages