00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwanda Loni yohereje guhashya Ebola muri Guinea yapfuye

Yanditswe na

Tombola Felicie

Kuya 17 November 2014 saa 04:41
Yasuwe :

Umunyarwanda Rudasingwa Marcel woherejwe na Loni kuba umuhuzabikorwa mu kurwanya icyorezo cya Ebola muri Guinea yasanzwe mu cyumba cya hoteli yari acumbitsemo yapfuye.
Amakuru dukesha ibinyamakuru Africaguinee.com ndetse naguineeconakry.info byo muri Guinee aravuga ko Rudasingwa yasanzwe yapfiriye mu cyumba cya Hoteli Millenium yabagamo mu mujyi wa Conakry.
Ibi bitangazamakuru bigaragaza ko ko ayo makuru yemejwe n’umuntu wo muri Guverinoma ya Guinea ariko akaba nta kindi kirenze ibyo (…)

Umunyarwanda Rudasingwa Marcel woherejwe na Loni kuba umuhuzabikorwa mu kurwanya icyorezo cya Ebola muri Guinea yasanzwe mu cyumba cya hoteli yari acumbitsemo yapfuye.

Amakuru dukesha ibinyamakuru Africaguinee.com ndetse naguineeconakry.info byo muri Guinee aravuga ko Rudasingwa yasanzwe yapfiriye mu cyumba cya Hoteli Millenium yabagamo mu mujyi wa Conakry.

Rudasingwa yasanzwe mu cyumba yabagamo yapfuye

Ibi bitangazamakuru bigaragaza ko ko ayo makuru yemejwe n’umuntu wo muri Guverinoma ya Guinea ariko akaba nta kindi kirenze ibyo yatangarije icyo kinyamakuru.

Rudasingwa yoherejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Ban Ki Moon, kuyobora ubuyimwa bwo guhangana n’icyorezo cya Ebola muri Guinea (MINUAUCE) tariki ya 8 Ukwakira 2014.

Kugeza ubu ntiharamenyekana icyamwishe.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages