00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indege y’intambara ya Sudani yakoze impanuka ihitana abantu 13

Yanditswe na

James Habimana

Kuya 8 October 2012 saa 12:10
Yasuwe :

Kuri iki cyumweru, indege y’intambara ya Sudani yakoze impanuka hanze y’umurwa mukuru Khartoum, ihitana abantu barenga 13 nk’uko inzego z’umutekano muri iki gihugu zibitangaza.
Iyi ndege yo mu bwoko bwa Antonov yakorewe mu gihugu cy’u Burusiya, yerekezaga mu mujyi wa El Fasher mu ntara ya Darfur ikaba yari imaze imyaka irenga icyenda.
Umuvugizi w’ingabo za Sudani, Al-Sawarmi Khalid yatangarije urubuga rwa BBC ko iyi mpanuka yabaye nyuma y’aho igiriye ikibazo igashaka kugaruka ku kibuga (…)

Kuri iki cyumweru, indege y’intambara ya Sudani yakoze impanuka hanze y’umurwa mukuru Khartoum, ihitana abantu barenga 13 nk’uko inzego z’umutekano muri iki gihugu zibitangaza.

Iyi ndege yo mu bwoko bwa Antonov yakorewe mu gihugu cy’u Burusiya, yerekezaga mu mujyi wa El Fasher mu ntara ya Darfur ikaba yari imaze imyaka irenga icyenda.

Umuvugizi w’ingabo za Sudani, Al-Sawarmi Khalid yatangarije urubuga rwa BBC ko iyi mpanuka yabaye nyuma y’aho igiriye ikibazo igashaka kugaruka ku kibuga cy’indege cya Khartoum ariko ikaza gukora impanuka itarahashyika.

Al-Sawarmi yakomeje atangariza televiziyo ya leta ko abantu bagera ku icyenda bari muri iyi ndege bagize amahirwe bakarusimbuka.

Igihugu cya Sudani gikunze kwibasirwa n’impanuka z’indege, nk’aho muri Kanama uyu mwaka, impanuka y’indege yahitanye abarenga 30 barimo n’umuminisitiri umwe muri iki gihugu.

Hari amakuru avuga ko izi mpanuka zaba ziterwa n’uko iki gihugu cyafatiwe ibihano bityo, kubona ibikoresho bisimbura ibyashaje bikaba bigoranye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages