00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inyeshyamba 240 zimaze kwicwa muri Congo-Kinshasa

Yanditswe na

Abdou Nyampeta

Kuya 7 June 2012 saa 10:09
Yasuwe :

Inyeshyamba 240 nizo zimaze kugwa mu mirwano ishyamiranije ingabo za Repubulika Iharanaira Demokarasi ya Congo n’abayigometseho ikomeje kubera mu Burasirazuba bw’icyo gihugu mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nkuko bitangazwa n’Ubuyobozi bwa Leta ya Kinshasa, imirwano imaze ukwezi ihanganishije ingabo za Leta n’izahoze ari iza CNDP ziyobowe na Col Sultani Makenga. Mu kwezi kwa Gicurasi Leta yemezaga ko zigizwe n’abantu bagera kuri 300. Icyi nicyo cyegeranyo cya mbere gishyizwe ahagarara (…)

Inyeshyamba 240 nizo zimaze kugwa mu mirwano ishyamiranije ingabo za Repubulika Iharanaira Demokarasi ya Congo n’abayigometseho ikomeje kubera mu Burasirazuba bw’icyo gihugu mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nkuko bitangazwa n’Ubuyobozi bwa Leta ya Kinshasa, imirwano imaze ukwezi ihanganishije ingabo za Leta n’izahoze ari iza CNDP ziyobowe na Col Sultani Makenga. Mu kwezi kwa Gicurasi Leta yemezaga ko zigizwe n’abantu bagera kuri 300. Icyi nicyo cyegeranyo cya mbere gishyizwe ahagarara kuva imirwano yubura.

Nk’uko tubikesha Jeune Afrique, icyegeranyo cy’abaguye muri iyo mirwano giteye gutya: inyeshyamba 200 zarishwe, 250 zarakomeretse naho 374 zirimo Abanyarwanda 25 zishyize mu maboko y’ingabo za Leta (FARDC). Intwaro n’amasasu byinshi bifatwa n’ingabo za Leta.

Ku ruhande rw’ingabo za Leta, ingabo 40 zarishwe, 93 zirakomereka, nk’uko byatangajwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa mbere ushize, ariko nyamara ntiyangaje umubare wa ba civile bapfuye .

Abanyarwanda 11 bishyize mu maboko y’ingabo za Loni zigamije kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO), harimo n’umwana mutoya. Aba bishyize mu maboko ya MONUSCO bemeza ko zatojwe kugira ngo barwanirire ingabo zigometse ku butegetsi. Ibi ni ibitangazwa na raporo ya Loni yatangajwe na radio BBC mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi.

Ibyo ariko byavugurujwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro yahaye ikinyamakuru “Jeune Afrique”, avuga ko ibyo ari ibihuhu.

Abo banyarwanda 25 babajijwe n’abategetsi ba Congo, abu Rwanda ndetse n’umuryango utabara imbabare (CICR). Ubu ariko ntibarasubizwa iwabo, baracyari mu maboko ya MONUSCO. Ibi byatangajwe ku wa gatatu na Amadou Ba Umuvugizi w’Agateganyo w’ingabo za Loni mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .