Kuri ubu ubwumvikane bucye bukomeje kuranga abategetsi bo muri Leta ya Congo Kinshasa, nyuma y’itahuka ry’ingabo z’u Rwanda zakoranaga mu buryo bw’ibanga n’iz’iki gihugu mu bikorwa byo kurwanya inyeshyamba za FDLR mu gace ka Rutshuru mu Burasirazuba bwa Congo, aho amashyaka menshi mu atavuga rumwe na Leta muri iki gihugu yashyize umukono ku itangazo ryamagana Perezida Joseph Kabila n’abakorana nawe bya hafi, aho babita “abagambanyi”.
Mu buryo bwatunguye benshi, kuwa Gatanu w’icyumweru gishize Leta y’u Rwanda yatangaje kumugaragaro ko igiye gukura ingabo za RDF zo mu mutwe udasanzwe (Special Force) zigera kuri 371 zari zimaze igihe zikorana n’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa ku butaka bw’iki gihugu mu gace k’Uburasirazuba hafi ya Rutshuru, aho zafatanyaga ibikorwa byo kurwanya FDLR.
Depite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo Kinshasa uhagarariye ishyaka UDPS rya Étienne Tshisekedi ritavuga rumwe na Leta, Remy Massamba, kuri uyu wa Mbere yashyize ahagaragara itangazo ryashyizweho umukono n’amashyaka yose atavuga rumwe na Leta muri iki gihugu yamagana kuba Leta y’iki gihugu muri iki gihe cyose yarakoranaga byimazeyo n’ingabo z’u Rwanda rwihishwa ; kubw’aya mashyaka Leta iri ku butegetsi bakaba basanga ari iy’abagambanyi.
Depite Remy Massamba asoma iryo tangazo yagize ati “Urebye uburemere bw’ibibazo igihugu cyacu kirimo, abatavuga rumwe na Leta muri Congo barasanga imikoranire ya Leta iriho ubu n’ababisha bateye igihugu cyacu yarashinze imizi”, bityo aya mashyaka yiyemeje gusaba Inteko Ishinga Ametegeko y’Iki gihugu gutumiza Perezida Joseph Kabila akamushinja kugambanira igihugu.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku munsi w’ejo, Umuvugizi wa Leta ya Congo Kinshasa Lambert Mende yatangaje ko Abanyekongo bakwiye kumenya neza ko guverinoma y’igihugu cyabo nta masezerano ya rwihishwa ifitanye n’u Rwanda, avuga ko abasirikare b’u Rwanda bari munsi y’ijana ari bo bahawe uburenganzira bwo kuza gukorera mu gihugu none ngo hatahutse abarenga 300.
Kuba abasirikare ba Congo Kinshasa bafatanyaga n’ingabo z’u Rwanda mu bikorwa bya gisirikare, abatavuga rumwe na Leta ubwabyo ntibabikozwa, cyane ko bimenyekanye bitunguranye, mu gihe Leta ya Congo Kinshasa yari imaze iminsi itari micye irimo kurega u Rwanda kuba rutera inkunga umutwe w’inyeshyamba za M23 uhanganye n’ubutegetsi, kugeza ubwo guverinoma y’iki gihugu yageze aho itangaza ku mugaragaro ko yatewe n’u Rwanda kandi yari izi neza ko ingabo z’iki gihugu ziri ku butaka bwayo ku burenganzira zahawe nayo.
Hejuru ku ifoto : Umuvugizi wa Leta ya Congo Kinshasa Lambert Mende i bumoso na Depite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo Kinshasa uhagarariye ishyaka UDPS
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
DRC : Abarenga 20 bagwiriwe n’ikirombe
18.05.2013 |
|
Afurika y’Epfo : 23 bishwe no gusiramurwa bya gakondo mu cyumweru kimwe
17.05.2013 |
|
Nigeria : Polisi yafunze 3 bakekwaho gucuruza abana
16.05.2013 |
|
RDC : FDLR yayogoje abaturage
16.05.2013 |
|
Kenya : Imbere y’Inteko bigaragambije bakoresheje ingurube
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |