Jean Ping yasimbuwe n’umugore ku buyobozi bwa Komisiyo y’Afurika Yunze Ubumwe


Yanditswe kuya 16-07-2012 - Saa 11:46' na Jotham Ntirenganya

Uwahoze ari umugore wa perezida w’ Igihugu cy’Afurika y’Epfo yatorewe kuyobora Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, , mu nama yabereye muri Ethiopia ya 19 y’uyu muryango, ku itariki ya 15 Nyakanga 2012.

Dlamini-Zuma yahoze ari Umugore wa perezida w’Afurika y’Efpo Jacob Zuma, niwe mugore wa mbere utorewe uyu mwanya.

Dlamini-Zuma yigeze guhagararira kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Afurika y’Epfo, ubu yari Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Gihugu.

Uyu mugore w’igihangange akaba aje asimbura kuri uyu mwanya perezida Jean Ping w’imyaka 69 wari wongeye kwiyamamaza mu gihe cy’amezi arenga 6, harabuze uwatsindira uwo mwanya mu matora yabaye inshuro 3.

Nkosazana Dlamini-Zuma

Nkosazana Dlamini-Zuma , w’imyaka 63 yatsindiye ku majwi 37, ni ukuvuga amajwi angana na bibiri bya gatatu ari nayo yasabwaga ugomba kuyobora akanama k’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe.
Perezida wa Benin Thomas Boni Yayi, ari nawe uri kuyobora uyu Muryango muri uyu mwaka yagize ati :”Ntawe utsinze nta n’utsinzwe, ahubwo ni Afurika itsinze muri rusange.”

Amaze kubona ko atagejeje ku majwi asabwa, Jean Ping yagize ati : “Tuzafatanya guteza imbere Afurika”.

Dlamini-Zuma yavuze ko amahane akunze kuvuka hagati y’ibihugu bikoresha Icyongereza n’ibikoresha Igifaransa agomba kurangira, bose bagakorera hamwe.

Jean Ping watsinzwe muri aya matora, niwe mukandida u Rwanda rwari rushyigikiye.

IBITEKEREZO
Icyo nkundira South Africa nuko bateye imbere gusa,iyo ugezeyo ugirango ninko muri America uri,ariko ibyuyu mubyeyi byo reka tubitege amaso.
Musubize17.07.2012 saa 06:04
Pingy
Wowe urata Africa y'Epfo ntuzi icyo uvuga. Uzi ubwo corruption ihari uretse ko Abazungu babisakuza ubundi Abirabura bagisenya kubera amanyanga yabo. Ni ukwirirwa babyara ibinyandaro gusa banicana : abarenga 70% by'abana baho baba ari ibinyandaro, can u belive it. Uzi se ukuntu banga, bagasuzugura ndetse bakanica Abirabura bandi bava mu bindi bihugu by'Africa ? Shame.
Musubize16.07.2012 saa 13:41
R
Uyu Ping kuba ntacyo yakoze kukibazo cya KADAFI , byerekanye ko ali corrupt !! KADAFI yali intwali y'afulika , Intwali yaratabaye !!! BURYA UMUPEREZIDA UCA UKUBILI NIBYO YEMERA NGO ARASHIMISHA BA NYAMWERU , ABA ALI NKUMUCANCURO !!! KUKO KUBA INSHUTI YA NYAMWERU , NINKOKWIBOHERA UMUGOZI UZIMANIKAMO UBWAWE 'ubundi banyamweru nibyiza ko bakwanga aliko bakagutinya !!! Ref : Mugabe (Zimbabwe) ubuse ntibacecetse ? Prime minister we se akavuyo yali azanye atumwe na TONY BRAIR ntiyagafashije hasi ?? TONY BRAIR NUMUGOME , kandi ni CORRUPT !! ASAHURA AFRIKA kuba yirwa hano ikigali surukundo adukunda ahubwo azadukurulira ishyano .!!!
Musubize16.07.2012 saa 12:12
Buliminyundo
niko kuri man. kera najyaga nshyira akaga k'Africa ku bazungu ariko aho menyeye realite nasanze benewacu aribo bakoze kuri Africa, bayigurisha. reba ba Mobutu muri Congo, Nigeria nayo yaraguzwe burya, Angola nayo ni uko, abandi ni ibikoresho (puppet/marionnette). ni akaga, ahubwo nitureba neba na race noire izazimira burundu, Messiah natagaruka vuba. Uretse ko in the end it is the Good that shall prevail.
17.07.2012 saa 08:39
thug life
nagende Ping ntacyo yari amaze. Yari uwo gukorerea mu kwaha kwa ba dictators bo muri Afrika. Murabazi namwe ntimwirirwe mumbaza
Musubize16.07.2012 saa 09:50
shyaka
Go . South africa ! uyu mudamu wo muli South africa numuhanga cyane !! ! uretse ko na South africa igira umurongo wa Politiki udakunze guhinduka kubera Justice ibigenga byose , impinduka ziba mumwashyaka ubwayo ya politiki gusa , kandi ishyaka litsinda koko aliuko ryatowe ntamanyanga ahaba !! Cape town hayoborwa numuzungukazi , kandi nabirabura baba bamutoye kubera ko ali umukozi !! uyu MUDAMU rero azageza byinshi cyane kuli uyumuryango kandi awuteze imbere !!! Viva South Africa
Musubize16.07.2012 saa 09:45
Hakili
Kuki urwanda rutashyigikiye South Africa kandi kugeza ubu ali wo mutima wafrica ? nicyo gihugu cyambere gifite Demokarasi , kuko na president agezwa imbere y'ubutabera iyo hali ibyo atatunganyije , kabone niyo yaba ali umuturage umureze !!! Go ! south africa !! nicyo gihugu cyamaganye akarengane ka korewe KADAFI !! Kuba urwanda rwashyigikiye uliya watsinzwe , byamuhesheje amahirwe make , kuko abanyarwanda hanze ntago dukunzwe cyane kubera ko ngo twitwa NZIKURWANA , NZIKURASA barabitwangira cyane
Musubize16.07.2012 saa 08:38
Buliminyundo
Mwebwe igihe.com mukurahe biriya muvuga ngo Jean Ping watsinzwe muri aya matora, niwe mukandida u Rwanda rwari rushyigikiye ?
Musubize16.07.2012 saa 08:28
kanzenze Harouna
iki nikindi gitego South Africa itsinze,nicyo gihugu cyonyine numva nkunze,ndizerako uyu mubyeyi azatuyobora neza.
Musubize16.07.2012 saa 08:01
only
Nyuma y'iyicwa rya Kadafi igihe cyari kigeze nibura ngo Afrurika yunze ubumwe ikore. Icyo nasaba uyu mubyeyi ni ukureba abantu birirwa basinziriye mu biro akabirukana bose. Ndazi neza cyane ko muri uriya muryango harimo abantu birirwa bikubitira umugono bategereje ko ukwezi kwashira ngo bahembwe. Afrique du Sud ndabemera cyane, mukora akazi gasukuye, mukunda Afurika yacu, mugira umuhate kandi mufite experiance. Usibye Afirique du Sud n'ibihugu nka 2 byo muri Afurika uzajye muri ambassade zose z'abanyafurika hafi mwisi yose uzasanga basinziriye mu biro. BRAVO et Merci
Musubize16.07.2012 saa 06:23
Zama

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!