Umuryango w’urubyiruko rw’Abayisilamu MYC(Muslim Youth Center) ukomeje gushyirwa mu majwi, uregwagukwirakwiza amatwara y’intambara ntagatifu(Jihad) ndetse no gukorana n’imwe mu mitwe y’iterabwoba nka Al-Shabab.
Ibi ije nyuma y’urupfu rwa Aboud Rogo Mohammed, Umuyoboke wa MYC wakunze kurebwa nabi n’Ubutegetsi bwa Kenya n’Imiryango Mpuzamahanga, aregwa ko umuryango arimo ugamije guteza intambara ntagatifu muri icyo gihugu no mu karere Kenya iherereyemo.
Muslim Youth Center ni Umuryango washinzwe mu w’2008 na Ahmad Iman Ali, ufite intego yo kwinjiza amahame y’intambara ntagatifu muri Kenya, umuryango ufitanye isano n’intagondwa za Al Shabab yo muri Somalia n’intagondwa zo muri Nigeria, Boko Haram.
Umuvugabutumwa Aboud Rogo Mohammed, wishwe ku ya 27 Kanama 2012, yafatwaga nk’umwe mu bacengezamatwara ukomeye w’uwo muryango ukekwa kuba ari wo wihishe inyuma y’ibitero by’ ibisasu byabaye mu mujyi wa Mombasa cyane cyane ku ma hoteli.
Matt Bryden, Umuyobozi w’ikigo cy’ubushakashatsi gikorera i Nairobi” (Sahan Researche Center) yatangarije Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI (Radio France Internationale), ari nayo dukesha iyi nkuru, ko “Muslim Youtch Center” ifite udutsiko tw’iterabwoba tukisuganya. Agira ati “Kugeza ubu tubona udutsiko tw’abantu batarashyira hamwe neza ingufu zabo kuko bataragira ubushobozi kugira ngo bakore ibitero bikomeye. Gusa ibyo utwo dutsiko dukora biracyari hasi gato, batera grenade, kuvuga cyane iby’ibitero n’ibindi”.
Matt Bryden, avuga kandi ko “Muslim Youtch Center”, ari agatsiko gakorera cyane muri Somalia aho kwohereje insorersore nyinshi zo gufasha umutwe wa Al Shabab. Agira ati “ Ndakeka ko akaga kaba ingabo za kenya ziramutse zifashe icyambu cya Kismayo muri Somaliya kuko ako gatsiko byaba ngombwa ko gataha muri Kenya, kandi ndakeka ko kazana n’abandi bo bafite ubumenyi n’ubushobozi bihanitse byo guteza ibyago Kenya”.
Hagati aho, LONI ihangayikishijwe n’ubwiyongere bw’ingufu za “Muslim Youth Center”, niyo mpamvu abayobozi bawo bakomeje gufatirwa ibihano, nk’ibyahawe Aboud Rogo Mohammed.
Mu mpera z’iki cyumweru, Mwai Kibaki Perezida wa Kenya yongeye gusaba abaturage bo mu mujyi wa Mombasa kurangwa n’umutima w’ubworoherane.
Ibyo yabisabye ubwo yari mu ruzinduko rwo guhumuriza abaturage, nyuma y’uko Aboud Rogo Mohammed, yishwe n’abantu kugeza ubu bataramenyekana bamutsinze mu modoka ye . Bisabwe na Perezida Kibaki hahise hashirwaho itsinda ry’abantu batandiye gukora iperereza ku rupfu rwe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Uganda : Polisi yafunze ibitangazamakuru bitatu
21.05.2013 |
|
Nigeria : Abasirikare ba Leta batangatanze abarwanyi ba Boko Haram
21.05.2013 |
|
Kenya : Nta kazi ka leta nshaka-Raila Odinga
20.05.2013 |
|
Imyitozo y’ingabo, abapolisi n’abasivili mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba yatangiye
20.05.2013 |
|
Imirwano ya FARDC na M23 yongeye kubura
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |