Kinshasa : Abana 6 bahiriye mu nzu


Yanditswe kuya 2-09-2012 - Saa 02:34' na Jotham Ntirenganya

Abana 4 bahitanywe n’inkongi y’umuriro ubwo yibasiraga inzu barimo, mu ijoro rishyira tariki ya 1 Nzeli 2012.

Ababyeyi n’abandi bantu bakuru bari muri iyo nzu bashoboye gusohoka bacika ibirimi by’umuriro, ariko ntibamenye impamvu y’inkongi. Ababonye umuriro waka, bavuze ko wahereye ahubakishije imbaho.

Bukeye, abaturanyi baje gushaka imibiri y’abana, mu gihe ababyeyi bajyanywe kwa muganga kugira ngo bitabweho.

Impamvu y’inkongi yabaye urujijo kuko ubwo inzu yafatwaga umuriro w’amashanyarazi wari wahagaritswe.

Mu kwezi kwa Kane abandi bana 7 bo mu muryango umwe, bahiriye mu mpanuka y’umuriro,icyakora byo byatewe na bougie yari icanye.

Source : Radio Okapi

IBITEKEREZO
twifatanyije n'imiryango yabo nibihangane kndi imana ibahe iruhuko ridashira.
Musubize2.09.2012 saa 03:46
theo

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!