Mali : Leta irasaba Loni inkunga ya gisirikare


Yanditswe kuya 25-09-2012 - Saa 03:41' na Emmanuel Kanamugire

Laurent Fabius, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’U Bufaransa kuri uyu wa Mbere yatangaje ko Leta y’ i Bamako yasabye ku mugaragaro ko ikeneye inkunga yo mu rwego rw’igisirikare mu Majyaruguru ya Mali, akarere kagenzurwa intagorwa z’Abayisilamu.

Inkuru dukesha AFP ivuga ko Perezida wa Mali Dioncounda Traoré na Minisitiri w’Intebe Cheikh Modibo Diarra mu ibaruwa bandikiye Ban Ki-moon Umunyamabanga wa Loni, bagaragaje ko hakenewe ingabo zifasha iza Leta kwigarurira uduce twigaruriwe n’intagondwa.

Laurent yagize ati « Leta ya Mali irasaba ko icyifuzo cyayo cyashyirwa mu bikorwa vuba, none Inama y’Inteko rusange ya Loni izaterana kuri uyu wa Gatatu i New York kugira ngo isuzume ubusabe bwa Mali. »

Laurent kandi yakomeje avuga ko hadakenewe abasirikare barwanira ku butaka.

Igihugu cy’u Bufaransa cyahereye kera gitanga ubufasha muri Mali, ngo kigomba kugira uruhare mu kwiyubaka kwayo.

Uduce twinshi two mu Majyaruguru ya Mali kuri ubu twigaruriwe n’abarwanya Leta.

IBITEKEREZO
Sanogo se wakuyeho ubutegetsi bite bye ? Nibabanze bamuhane anerekane umusaruro w'igikorwa cye
Musubize25.09.2012 saa 11:54
J

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!