Johannesburg : Ubwo urubanza rw’abashinjwa gushaka guhitana Kayumba Nyamwasa imbere y’iwe rwasubukurwaga kuri uyu wa Mbere, umwe mu bapolisi batanga ubuhamya ku ruhande rw’ubushinjacyaha yatangarije urukiko ko gutabwa muri yombi kw’ abaregwa muri Kamena 2010 kwakozwe n’Umunyarwanda Frank Ntwali kandi atari umwe mu bapolisi babishinzwe.
Nk’uko amakuru agera ku IGIHE.com abitangaza, Frank Ntwali (muramu wa Kayumba Nyamwasa) yavuzweho cyane kuri uyu wa Mbere, ubwo umupolisi (wiswe umutangabuhamya numero 3) yatangarizaga urukiko uko bane muri batandatu baregwa batawe muri yombi. Yabajijwe niba koko ariwe wabataye muri yombi atangira abyemeza, nyuma aza kwivuguruza avuga ko ari Frank Ntwali wabafataga akabashyikiriza polisi y’Afurika y’Epfo.
Abajijwe uwo Frank Ntwali ari we, uwo mutangabuhamya yavuze ko atamuzi, gusa ngo niwe wazanaga abaregwa, akabashyikiriza polisi, ndetse ngo niwe wasemuriraga bamwe muri bo batashoboraga kuvuga icyongereza. Uwo mupolisi yabajijwe uko yemeye gufata abantu azaniwe n’umuntu utari umupolisi, asubiza ko yabonaga Ntwali agendana n’abapolisi bo mu mutwe ushinzwe kurwanya udutsiko tw’abagizi ba nabi (Organized Crime Unit), bityo atekereza ko nawe ari umupolisi.
Izina Pascal Kanyandekwe ryavuzwe na Frank Ntwali
Nk’uko byagenze mu rubanza rw’abashinjwaga gushaka guhitana Kayumba Nyamwasa mu bitaro rwasojwe, Umunyarwanda Pascal Kanyandekwe nawe ni umwe mu baregwa muri uru rubanza rw’abashinjwa gushaka guhitana Kayumba ku ikubitiro. Ubwo umutangabuhamya yabazwaga uwavuze ngo bafate Kanyandekwe, yasubije ko Ntwali yasemuriraga bamwe mu bashinjwa ariwe waje kuvuga iryo zina, ngo abapolisi bararyandika bakeka ko ryavuzwe n’abo basemurirwaga.
Ati “Bavugaga ururimi ntumva, Ntwali asemura. Niwe rero waje kuvuga iryo zina…”
N’abaregwa baracyivuguruza
Uretse abatangabuhamya, bamwe mu baregwa nabo bagiye batanga ubuhamya mu minsi yabanje, nyuma bakabuvuguruza imbere y’urukiko, aho byagaragaraga ko babutanze bashyizweho igitutu cyangwa bahawe ruswa. Amakuru atugeraho avuga ko bamwe banagize ibibazo by’ubuzima kubera iyicarubozo bakorewe ngo bakunde bemere ibyo bashinjwaga bataragera mu rukiko cyangwa batange ubuhamya butari bwo kuri bagenzi babo baregwa.
Urubanza rurakomeza kuri uyu wa Kabiri, aho urukiko rukomeza kumva abatangabuhamya. Gusa nk’uko IGIHE.com yari yabibatangarije mu nkuru zahise, Frank Ntwali ari mu bazakorwaho n’uru rubanza, ndetse byitezwe ko ashobora kubazwa n’urukiko ku ruhare rwe, kandi ngo ntibizaruhanya kuko nawe akunda kwitabira urubanza nk’umuturage usanzwe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abashingamateka batowe mu Ntara ya Kivu y’ Amajepfo, baratanguye kwicamwo imice
18.05.2012 |
|
Perezida Kikwete yirukanye igitaraganya abaminisitiri 6 abaziza ruswa
17.05.2012 |
|
Abagore basabwe kutiyitaho ngo badakurura abagabo
16.05.2012 |
|
Afurika mu gukemura ibibazo igendeye ku mahirwe kamere
16.05.2012 |
|
Abaturage ntibishimiye ubwami bwa Mswati III
16.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |