Mu ruzinduko rwe mu bihugu 7 by’Afurika, Hillary Clinton arasura Uganda


Yanditswe kuya 2-08-2012 - Saa 18:24' na Marie Chantal Nyirabera

Mu ruzinduko ari kugirira mu bihugu by’Afurika, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Hillary Clinton yerekeje mu gihugu cya Uganda aho aje avuye avuye mu gihugu cya Senegal.

Amakuru dukesha Star Africa avuga ko uru rugendo arukoreye mu gihugu cya Uganda ari mo kwerekeza mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo, ahari amakimbirane ku bucukuzi bwa Peterori.

Mu minsi 11 azamara muri Afurika, Hillary Clinton azaganira ku biteganywa na Perezida Barack Obama mu kuzamura ubukungu bw’ ibihugu by’Afurika, kugarura amahoro, kongera no gukomeza guharanira demokarasi.

Muri Senegal, Hillary Clinton yashimiye ibihugu by’ u Burengerazuba bw’Afurika avuga ko ari intangarugero mu gushyigikira demokarasi.Yavuze ko babashije kuganira kubizafasha igihugu na Perezida Macky Sall, ati ”Nishimiye ko twaganiriye ku bibazo by’ ubukungu, iby’akarere, iby’ umutekano, n’ uko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika izafasha Senegal ikayiba hafi”.

Biteganyijwe ko muri iri joro Hillary Clinton ari burare mu gihugu cya Uganda mu murwa wa Kampala, iki gihugu muri iyi minsi cyugarijwe n’indwara ya Ebola, imaze guhitana abasaga 15.

Hillary azasura kandi Sudani y’Amajyepfo yijihije isabukuru yayo ya mbere y’ubwigenge ku itariki 9 Nyakanga, aho azaganira na Perezida Salva Kiir.

Uruzindiko rwe ruzakomereza mu bihugu bya Kenya, Malawi, Afrika y’Epfo, arusozereze muri Ghana, aho bazaba bagize icyunamo ku rwego rw’ igihugu cy’uwahoze ari umukuru w’Igihugu John Atta Mills giteganyijwe kuzaba ku itariki ya 10 Kanama.

IBITEKEREZO
Nimushaka muyitangaze cgw se oya ! Ubundi , zimaze guhindura imilishyo muli USA nahise numva ko na politike n'umubano ndetse n'urukundo USA yali ifitiye igihugu cyacu bigiye guhinduka. Kuko wize amateka neza kuva muli 59 aba bademokrate bali ku butegetsi babishyigikiye ; muzabaze ibanga lya Madame ALBRIGHT na Ambasaderi HABAMENSHI uyu Madame ALBRIHT niwe wali uhagaraliye USA muli ONU muli 59 niwe wali Secretaire wa USA muli 1994 ubu niwe mugenama mukuru wa HILLARY CLINTON ntakabulimvano bana ba mama !
Musubize5.08.2012 saa 15:42
######
Kera baravugaga ngo "Leta ikubeshya ko iguhemba nawe ukayishya ko uyikorera" Abazungu turabatekinika nabo bakadutekinika.
Musubize3.08.2012 saa 03:23
dilemne
Naze atange amategeko ! Ese ubundi bazamuhaye bureau mugahugu kamwe k'afrika cg Asia ? cg bagafata afrika igahinduka intara itegekwa na NATO a.k.a USA/Zionist. Najyaga numva kera bavuga ko aho Papa(Pope) asuye hahita haba intambara, twitonde rero, n'uyu mutegarugori aho anyuze hashobora gukurikira umuriro. Muslims must wake up !
Musubize3.08.2012 saa 00:18
Abdullah
Ese ko Inama ya GUVERINOMA imaze iminsi idaterana ?
Musubize2.08.2012 saa 23:52
murorunkwere
Kubona Hillary asimbuka u Rwanda muri uru ruzindiko ehhhhhhh.
Musubize2.08.2012 saa 15:00
xax

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!