Perezida Museveni ashyigikiye umugambi wa Iran wo gukoresha ingufu za Uranium


Yanditswe kuya 18-07-2012 - Saa 15:42' na Turikumwe Noël

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni arashishikariza Iran gukomeza kwihagararaho ikarwanya igitutu cy’ibihugu by’i Burengerazuba bimubuza gukoresha ingufu za kirimbuzi.

Inkuru yanditswe ku wa 15 Nyakanga 2012 muri African Review, avuga ko ibi Museveni yabitangaje ubwo yahuraga n’intumwa za Perezida wa Iran Mahmoud Ahmadinejad. Izi ntumwa zari muri Uganda kumutumira mu nama izahuza ibihugu bitagendera mu kwaha kw’ibihugu by’ibihangange. Iyi nama ikaba izabera muri Iran mu kwezi gutaha kwa Kanama.

Perezida Museveni yagize ati :”Twese tuzi ibiriho bibera muri Iran, igitutu cyinshi cy’ihugu by’I Burengerazuba (U Burayi na Amerika), ariko dushimishwa n’uko mubyitwaramo. Yongeyeho ko u Bugande bushyigikira ibihugu byose bifite ingufu z’ubutare bwa Uranium ku mpamvu zitari iz’intambara cyane cyane mukuzibyaza ingufu z’amashanyarazi”.

Museveni kandi aboneraho gukangurira Abanyafurika gukaza umubano na Aziya. Reza Taghipour, wari intumwa ya Ahmedinedjad ndetse akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’ikoranabuhanga muri Iran, yavuze ko Iran yatumiye Museveni nk’umwe mu Banyafurika batavugirwamo.

Uyu mu minisitiri yongeyeho ko n’ubwo ibihugu byo mu Burengerazuba bwIisi bihoza ibihano ku gihugu cya Iran, bitayibuza gutera imbere ndetse ikaba yihagije. Aha yatanze urugero rw’uko Iran ikura miliyari 48 mubyo yohereza hanze bitari peteroli.

Aba bayobozi bombi banaganiriye ku mubano w’ibihugu byombi ndetse n’ikibazo cya Syria. Bemeranyije kandi gutangira ubufatanye mu buhinzi, ingufu, ubumenyi n’ikoranabuhanga no mu myubakire. Museveni kandi yanemeye kuzitabira inama yatumiwemo.

IBITEKEREZO
Habaho uburenganzira bwo kuvuga icyo ushaka ariko ntaburenganzira bubaho bwo gukora icyo ushaka dutegereze abishyire mubikorwa sha yagirango abikur mumaso bagnde bishimye. N'umwana se mwiririre kuko ntawumurusha siyasa !!!!
Musubize20.07.2012 saa 08:56
rukara
M7 , azi ico akora ntabwo yariguhakanira abagabo bamusuye , icyonzi neza nuko ari umugabo uzigushoza , uzi imbaraga za U.S uzi ningaruka kuwaba ashigikiye Iran njye ntabwoba nfite kuko Mzee M7 mwemera ndanizera neza ko atahubuka . Imana imubehafi reka tumusengere twese abakunzi be.
Musubize20.07.2012 saa 01:33
mmmmm@yahoo.fr
MWESE MUZAPFA (IRAN ,AMARIQUE, AZIYA,EUROPE,AFRICA)nta kiremwa kitazasogongera kunkongoro y'urupfu, naho ziriya ngufu murabizi nabene isilaheli baratashye. M7 kugaragaza nk'umugabo aho ahagaze mbona byagakwiye nti mukabe indyandya buriya rero yanze uburyarya.
Musubize20.07.2012 saa 01:20
makuruki@makuru.m7
ariko twiyamye umuntu wiyta Abdallah Igihe muzamutubwirireko ko ahubwo ariwe ugisinziriye ntabwo dushaka ko hari abiyita amzina bagmije gurabika abasilam, Musilm must wak up ntayo dukeneye hano kurubuga, yandike ibyo ishaka ariko kuvuga rirya jambo rimeze nka ryarindi ngo hutu power ndi umusilam ariko imvugo ywe intera ishozi. tugire amahoro
Musubize19.07.2012 saa 20:35
Issa
Ndabona Umuturanyi wacu ashaka kwigana Iran kandi ntagatege afite karuta aka Kadhafi wahawe isomo bimuviramo gupfa, iherezo ry'ibyihebe n'urupfu ntakindi kandi iyo Iran ntacyo yamufasha kuko icya mbere si n'umusilamu n'ukuvugako igihe Iran izaba itakimukeneye izamufata nk'Abayahudi bose. Aracyakeneye cyane Amerika kuruta uko akeneye Iran.
Musubize19.07.2012 saa 10:32
BABA
Ikibuno gishuka amabyi bitari bujyane ! M7 se we ko atabikora yabuziki ?
Musubize19.07.2012 saa 09:40
Munyengoga Prosper
Ahaha !!! Ni byo koko baravuga ngo "Ukuri guca mu ziko ntigushya". Ariko nyirako arashya - ahubwo ntanashya hari ubwo agurumana. Twizere ko uriya muturanyi wacu dukunda yaba azi ibyo akora !
Musubize19.07.2012 saa 04:56
Mugabo
Ibihugu birenga 15 bifite ibyo bitwaro and Why not IRAN ??? M7 nawe ntiyarakwiye kwivanga muri iyi ntambara yibihanganjye !!!!
Musubize19.07.2012 saa 03:41
KKK
Wa mugabo we ko twakwemeraga ibyo ujemo n'ibiki ? Urikorereza ibihugu by'iburengerazuba bw'isi ? Ntuzi uko bagize inshuti yawe Kadhafi ? Iyo Iran uvuga ntacyo yagufasha nagito !!! Uzarebe ukuntu ubushinwa n'uburusiya bijya byifata kubyemezo biriya bihangange bishaka gufatira igihugu bashaka. Ntacyo bafasha uwatewe rwose !!! Baguhondagura ubushinwa n'uburusiya bireba ntibigire icyo bikora kuko nabyo nubwo ari ibihugu bikomeye biracyatungwa n'inkunga yabyo. Yaba UK, US na za Canada biracyafasha ubwo bushinwa n'uburusiya. Rero icecekere kuko bakugabyeho ibitero ntacyo Iran yakora. Mzee wacu turagukunda kandi Imana ikomeze ikurinde.
Musubize19.07.2012 saa 01:42
seif
Bye bye M7, ugiye mu rugendo nk'urw'ubugari n'isosi ! Uzabaze niba bigaruka amahoro
Musubize18.07.2012 saa 22:19
Kanakuze
Museveni se nawe yaba ashyigikira izo ntagondwa ? ntarasoma ivanjili ya Uncle SAM ivuga ko ntagihugu cy'aba islam gifite uburenganzira bwo gutunga izo ntwaro ? ngo nuko aba islam ari ibihubutsi, baramutse bazitunze bazimarisha abantu. Ntitwibagirwe ibyo abarabu bakoreye Hiroshima na Nagasaki no muri Agent Orange Vietnam. Uncle SAM aracyafite akazi. Muslims must wake up !
Musubize18.07.2012 saa 17:30
Abdullah
Sha Museveni aririwe ntaraye, ndabarahiye nimba yitabiriye iyo nama kamubayeho..
Musubize18.07.2012 saa 15:51
<Elias
Uyu museveni ashobora kuzarangiza nabi natareba neza . Ariko ni kuki abantu basaziye kubutegetsi ubona basaza barushaho kuba babi ?
Musubize18.07.2012 saa 12:54
rwarakabije
Nonesde ububi ubibonyemo ni ubuhe ? Nanjye ndabashyigikiye rwose, uretse ko njye ni ku runwa gusa, kubera ko je suis rien, voir même moins que rien.
19.07.2012 saa 08:43
magufa
Harya Inkuruzi y'ibikoba ibigenza ite ? Kaguta aririwe ntabwo araye !
20.07.2012 saa 16:55
Minani

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!