Munyandinda Cleophas w’imyaka 63 utuye mu Kagari ka Kiryi mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, avuga ko ababazwa n’uko abantu bose aciyeho bamuha akato ngo arabanukira bitewe n’uburwayi bw’imidido amaranye imyaka irenga 60.
Munyandinda azwi na benshi mu bagera muri gare y’umujyi wa Musanze, ari na ho akunze kuboneka yicumba inkoni asaba abahisi n’abagenzi.
Ntabasha gutera intambwe nta nkoni, ariko na yo ngo iramuvuna ku buryo avuga ko isimbuwe n’imbago byatuma aramuka kabiri.
Iyi ndwara y’imidido avuga ko yamufashe yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, kuva ubwo abantu batangira kumuheza bamuziza uko iyi ndwara yari imaze kumugira.
Avuga ko uwo yegereye wese amwiyama ngo aranuka, ngo bikamubabaza kuko yemeza ko nta ko ataba yagize ngo ntagire uwo abangamira.
Mu bushobozi yari afite avuga ko yagerageje kwivuza mu buvuzi gakondo, ariko ngo byaranze. Kugeza ubu iyo muganiriye aba yumvikanisha ko nta cyizere cy’ejo hazaza afite. Mu kiganiro na IGIHE yavuze ko yirirwa mu mujyi asabiriza rimwe bakamuha amafaranga make aguramo ibiryo ubundi akayabura.
Kuba hari igihe abura amafaranga avuga ko abona biterwa no kumuha akato biturutse kuri iyo ndwara yamuteye ibisebe ku maguru ku buryo ngo hari n’abo agera iruhande bakamwamagana bavuga ko abanukira.
Nubwo bemeza ko bidakwiye kumuha akato kuko bemeza ko indwara yizanye atari we wayihamagariye, abakorera muri iyi gare na bo usanga bavuga ko hari benshi mu bahagera baha akato Munyankindi nubwo ngo tari bose.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhoza Manzi Claude, aganira na IGIHE yavuze ko ikibazo cya Munyankindi atakizi kuko ngo atamenya abantu bose bavuga ko barwaye imidido batuye mu murenge ayobora. Yongeyeho ko ashobora kuba ari uza gusabiriza bwakwira agataha, ariko avuga ko agiye kubikurikirana akamenya Munyankindi n’uko ibibazo bye byakemuka.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |